Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in Uncategorized
0
Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bagaragaza ko batanyurwa n’ibyo biga mu isomo ry’amateka ku ngingo ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, umuryango Ibuka mu Karere ka Rwamagana, urifuza ko mu gihe higishwa iri somo, uwarokotse yajya ajya kuganiriza abanyeshuri.

Abanyeshuri batifuje ko amazina yabo atangazwa, babwiye RADIOTV10 ko isomo ry’amateka riza mu masomo akomeye y’ishami biga ariko ko iyo bageze ku ngingo ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, batanyurwa.

Bavuga ko abarimu babiri babigisha isomo ry’amateka, umwe ari umunyamahanga, undi akaba Umunyarwanda, ariko bombi nta n’umwe wahagije amatsiko baba bafite ku Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umwe yagize ati “Akenshi usanga dufite amatsiko ngo byagenze gute mu 1994 ariko uko umwarimu aje akubwira Jenoside si ko undi ayikubwira. Hari n’ushobora kuyigeraho akayigira ingingo yo guseka cyangwa se akayigendesha ukuntu bidakwiye.”

Uyu munyeshuri avuga ko bitanumvikana kuba iri somo banaryigishwa n’umunyamahanga utazi aya mateka.

Ati “Ikindi kandi dushobora no kubyigishwa n’Umugande cyangwa Umunya-Kenya…ntabwo azi amateka y’iwacu, aza ahubwo akubwira ibyanditse mu bitabo kandi ibyanditse mu bitabo ari ingingo z’ingenzi bagenda bashakisha.”

Aba banyeshuri bavuga ko iyo bakurikiye bimwe mu biganiro bitangwa mu bihe byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, bumva amateka ahabanye n’ayo biga mu mashuri kuko ibyo biga mu mashuri biba ari bicye.

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Rwamagana, Dative Musabyeyezu yabwiye RADIOTV10 ko mu gihe hari gutangwa isomo ryerekeye amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, hari hakwiye kuza abatangabuhamya bazi neza aya mateka bakaza kuyaganiriza abanyeshuri.

Ati “Akaza akabwira urubyiruko bakanamubaza ibibazo hanyuma abana bakarushaho gusobanukirwa, isomo ryose rigira imfashanyigisho, numva icyo gihe ubuhamya bw’uwarokotse bwaba imfashanyigisho ikomeye muri iryo somo ry’amateka.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine anenga abarimu baca ku ruhande amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, avuga ko ari ugutandukira integanyanyigisho ndetse ko bari no kuroha abanyeshuri.

Avuga ko bamwe mu baca hejuru aya mateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, babiterwa no kuba baranyuze muri ibi bihe ndetse abandi yarabagizeho ingaruka bakanga ko bibahungabanya.

Ati “Kubisimbuka rero uba wimye uburenganzira uwo mwana.”

Abanyeshuri kandi bagaragaje ko hakwiye kongerwa ingendoshuri ahari amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi nko mu nzibutso n’ahansi hose habafasha kumenya byimbitse amateka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − five =

Previous Post

Abantu 68 biganjemo abagabo baketsweho Ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyo Kwibuka28

Next Post

IFOTO: Perezida wa Zambia yasuye abayobozi gakondo b’Abasheshakanguhe abagaragariza icyubahiro

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida wa Zambia yasuye abayobozi gakondo b’Abasheshakanguhe abagaragariza icyubahiro

IFOTO: Perezida wa Zambia yasuye abayobozi gakondo b’Abasheshakanguhe abagaragariza icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.