Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in Uncategorized
0
DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye mu Gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishe arashe abantu barindwi barimo umusirikare ufite ipeti rya Colonel ndetse n’uwamurindaga n’abasivile batanu.

Uyu musirikare bikekwa ko yari yagize ikibazo cyo mu mutwe, yishe aba bantu mu gitindo cyo kuri iki Cyumweru tariki 17 Mata 2022 mu gace ka Bambu muri Teritwari ya Djugu.

ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, ivuga ko uyu musirikare yarashe urufaya rw’amasasu mu kivunge cy’abantu ahagana saa kumi n’ebyiri.

Umwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze yagize ati “Colonel Janvier, wari Komanda wa Batayo ya kabiri n’umurinzi we bahise bapfa.”

Uyu musirikare kandi na we byagaragaraga ko yagize ikibazo cyo mu mutwe, yahise araswa n’abasirikare bagenzi be ahita apfa.

Imirambo y’abishwe ndetse n’uwabishe yahise ijyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Bunia kugira ngo ikorerwe isuzuma rya nyuma.

Iki gikorwa cyabanje gutera impagarara muri aka gaca ka Bambu, ndetse urujya n’uruza rw’ibinyabiziga byerecyeza Bunia-Mongbwalu rurahagara ariko inzego z’umutekano zaje kuhagoboka zisubiza ibintu mu buryo ndetse urujya n’uruza rurasubukurwa nk’uko byemeza n’imiryango itari iya Leta.

Muri Kanama 2021, undi musirikare wo ku rwego rwa Ofisiye na we byaketswe ko yari yagize ikibazo cyo mu mutwe, yishe arashe abasirikare babiri barimo uwari ufite ipeti rya Captain.

Ibikorwa nk’ibi mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwakunze kumvikana ndetse binatuma Sosiyete Sivile ihaguruka irabyamagana, isaba ko kwinjiza abasirikare bashya muri FARDC bikwiye gukoranwa ubushishozi buhanitse hakarebwa inyangamugayo n’abantu badafite imyitwarire idahwitse.

Ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye hakunze kugaragara amashusho ya bamwe mu basirikare ba FARDC bahaze ka manyinya bagenda badandabirana ndetse bamwe bagakora n’ibikorwa bigayitse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Next Post

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.