Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in Uncategorized
0
DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye mu Gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishe arashe abantu barindwi barimo umusirikare ufite ipeti rya Colonel ndetse n’uwamurindaga n’abasivile batanu.

Uyu musirikare bikekwa ko yari yagize ikibazo cyo mu mutwe, yishe aba bantu mu gitindo cyo kuri iki Cyumweru tariki 17 Mata 2022 mu gace ka Bambu muri Teritwari ya Djugu.

ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, ivuga ko uyu musirikare yarashe urufaya rw’amasasu mu kivunge cy’abantu ahagana saa kumi n’ebyiri.

Umwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze yagize ati “Colonel Janvier, wari Komanda wa Batayo ya kabiri n’umurinzi we bahise bapfa.”

Uyu musirikare kandi na we byagaragaraga ko yagize ikibazo cyo mu mutwe, yahise araswa n’abasirikare bagenzi be ahita apfa.

Imirambo y’abishwe ndetse n’uwabishe yahise ijyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Bunia kugira ngo ikorerwe isuzuma rya nyuma.

Iki gikorwa cyabanje gutera impagarara muri aka gaca ka Bambu, ndetse urujya n’uruza rw’ibinyabiziga byerecyeza Bunia-Mongbwalu rurahagara ariko inzego z’umutekano zaje kuhagoboka zisubiza ibintu mu buryo ndetse urujya n’uruza rurasubukurwa nk’uko byemeza n’imiryango itari iya Leta.

Muri Kanama 2021, undi musirikare wo ku rwego rwa Ofisiye na we byaketswe ko yari yagize ikibazo cyo mu mutwe, yishe arashe abasirikare babiri barimo uwari ufite ipeti rya Captain.

Ibikorwa nk’ibi mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwakunze kumvikana ndetse binatuma Sosiyete Sivile ihaguruka irabyamagana, isaba ko kwinjiza abasirikare bashya muri FARDC bikwiye gukoranwa ubushishozi buhanitse hakarebwa inyangamugayo n’abantu badafite imyitwarire idahwitse.

Ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye hakunze kugaragara amashusho ya bamwe mu basirikare ba FARDC bahaze ka manyinya bagenda badandabirana ndetse bamwe bagakora n’ibikorwa bigayitse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 19 =

Previous Post

Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Next Post

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.