Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in IMYIDAGADURO
0
AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hyundai Ioniq 5, imodoka yakozwe n’uruganda rwa Hyundai, yatowe nk’imodoka y’umwaka kubera udushya ikoranye turimo ikoranabuhanga ryo kuba ikoresha umuriro w’amashanyarazi kandi ukamaramo igihe kinini.

Iyi modoka yatowe mu imurika mpuzamahanga ry’imodoka ryabereye i New York rizwi nka New York International Auto Show.

Mu cyiciro cy’ubwoko butatu bw’imodoka zidasanzwe, Hyundai Ioniq 5 yahize izindi iba iya mbere muri ibyo byiciro byose birimo ‘Imodoka y’umwaka (World Car of the Year); imodoka nziza ikoresha amashanyarazi (World Electric Vehicle of the Year) ndetse n’icyiciro cy’imodoka iteretse neza (World Car Design of the Year).

Ni igihembo yatsindiye mu matora y’abanyamakuru 102 basanzwe bakora ibijyanye n’ibinyabiziga baturutse mu bihugu 33 binyuranye.

Aka kanama nkemurampaka k’Abanyamakuru, muri Gashyantare kari katoye Luc Donckerwolke usanzwe ari umuyobozi ushinzwe guhanga udushya mu ruganda rwa Hyundai, nk’umuntu wa mbere ku Isi uzi iby’imodoka (2022 World Car Person of the Year).

Uyu mugabo yari yatorewe uyu mwanya kubera uruhare yagize  mu guhanga iyi modoka ya Hyundai Ioniq 5.

Uruganda rwa Hyundai rurateganya ko mu mwaka wa 2030 ruzaba rufite ku isoko ubwoko 17 bw’imodoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi aho byitezwe ko muri uwo mwaka hazaba hari imodoka zingana na Miliyoni 1,87 zo muri ubu bwoko.

Imiterere yayo iri mu byatumye yegukana uyu mwanya

 

Hyundai Ioniq 5 yabaye iy’umwaka ni modoka ki?

Hyundai Loniq 5 yatowe nk’imodoka y’umwaka isanzwe ifite batterie ifite ubushobozi bwa kWh 77,4 ishobora kuyifasha kugenda ibilomero 480 ikaba kandi ishobora kongerwamo umuriro mu gihe cya vuba aho mu minota 18 ishobora kuba igeze kuri 80%.

Iyi modoka igura kuva ku bihumbi 40 USD [Miliyoni 40 Frw], ni ivatiri ntoya yasohotse mu mwaka ushize wa 2021.

Ikoranye ikoranabuhanga ryo hejuru by’umwihariko ikagira imbere hateye neza kubera urumuri rwayo rw’amatara y’imbere ndetse n’intebe zorohereye.

Ikoresha mudasobwa ifasha uyitwaye kugenda areba ibyerecyezo aganamo, ikanagira camera y’imbere n’iy’inyuma ifasha uyitwaye kuba atabasha kugonga cyangwa kugongwa.

Uburyo iteye imbere biri mu byishimirwa n’abasanzwe bazi iby’imodoka
Inyuma hashobora kwicara abantu babiri kandi batekanye
Uburyo Batterie yayo irambamo umuriro biri mu byatumye itorwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + sixteen =

Previous Post

Nyamasheke: Babiri bakekwagaho kwica umukobwa washenguye benshi barashwe bagerageza gutoroka barapfa

Next Post

Hamenyekanye impamvu Nimwiza Meghan atakiri Umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

IZIHERUKA

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza
IBYAMAMARE

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye impamvu Nimwiza Meghan atakiri Umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda

Hamenyekanye impamvu Nimwiza Meghan atakiri Umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.