Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in IMYIDAGADURO
0
AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hyundai Ioniq 5, imodoka yakozwe n’uruganda rwa Hyundai, yatowe nk’imodoka y’umwaka kubera udushya ikoranye turimo ikoranabuhanga ryo kuba ikoresha umuriro w’amashanyarazi kandi ukamaramo igihe kinini.

Iyi modoka yatowe mu imurika mpuzamahanga ry’imodoka ryabereye i New York rizwi nka New York International Auto Show.

Mu cyiciro cy’ubwoko butatu bw’imodoka zidasanzwe, Hyundai Ioniq 5 yahize izindi iba iya mbere muri ibyo byiciro byose birimo ‘Imodoka y’umwaka (World Car of the Year); imodoka nziza ikoresha amashanyarazi (World Electric Vehicle of the Year) ndetse n’icyiciro cy’imodoka iteretse neza (World Car Design of the Year).

Ni igihembo yatsindiye mu matora y’abanyamakuru 102 basanzwe bakora ibijyanye n’ibinyabiziga baturutse mu bihugu 33 binyuranye.

Aka kanama nkemurampaka k’Abanyamakuru, muri Gashyantare kari katoye Luc Donckerwolke usanzwe ari umuyobozi ushinzwe guhanga udushya mu ruganda rwa Hyundai, nk’umuntu wa mbere ku Isi uzi iby’imodoka (2022 World Car Person of the Year).

Uyu mugabo yari yatorewe uyu mwanya kubera uruhare yagize  mu guhanga iyi modoka ya Hyundai Ioniq 5.

Uruganda rwa Hyundai rurateganya ko mu mwaka wa 2030 ruzaba rufite ku isoko ubwoko 17 bw’imodoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi aho byitezwe ko muri uwo mwaka hazaba hari imodoka zingana na Miliyoni 1,87 zo muri ubu bwoko.

Imiterere yayo iri mu byatumye yegukana uyu mwanya

 

Hyundai Ioniq 5 yabaye iy’umwaka ni modoka ki?

Hyundai Loniq 5 yatowe nk’imodoka y’umwaka isanzwe ifite batterie ifite ubushobozi bwa kWh 77,4 ishobora kuyifasha kugenda ibilomero 480 ikaba kandi ishobora kongerwamo umuriro mu gihe cya vuba aho mu minota 18 ishobora kuba igeze kuri 80%.

Iyi modoka igura kuva ku bihumbi 40 USD [Miliyoni 40 Frw], ni ivatiri ntoya yasohotse mu mwaka ushize wa 2021.

Ikoranye ikoranabuhanga ryo hejuru by’umwihariko ikagira imbere hateye neza kubera urumuri rwayo rw’amatara y’imbere ndetse n’intebe zorohereye.

Ikoresha mudasobwa ifasha uyitwaye kugenda areba ibyerecyezo aganamo, ikanagira camera y’imbere n’iy’inyuma ifasha uyitwaye kuba atabasha kugonga cyangwa kugongwa.

Uburyo iteye imbere biri mu byishimirwa n’abasanzwe bazi iby’imodoka
Inyuma hashobora kwicara abantu babiri kandi batekanye
Uburyo Batterie yayo irambamo umuriro biri mu byatumye itorwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 3 =

Previous Post

Nyamasheke: Babiri bakekwagaho kwica umukobwa washenguye benshi barashwe bagerageza gutoroka barapfa

Next Post

Hamenyekanye impamvu Nimwiza Meghan atakiri Umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye impamvu Nimwiza Meghan atakiri Umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda

Hamenyekanye impamvu Nimwiza Meghan atakiri Umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.