Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikiraro gihuza Muhanga na Gakenke cyongeye kwangirika nyuma y’iminsi micye gitashywe

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in MU RWANDA
0
Ikiraro gihuza Muhanga na Gakenke cyongeye kwangirika nyuma y’iminsi micye gitashywe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikiraro cya Gahira gihuza Akarere ka Muhanga n’aka Gakenke cyari cyatashywe tariki 14 Mata 2022, cyongeye kwangirika mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mata kubera imvura nyinshi.

Ni amakuru yababaje abasanzwe bakoresha iki kiraro nk’uko babwiye RADIOTV10,  bavuze ko bababajwe no kubyukira kuri iyi nkuru ibabaje yo kuba iki kiraro cyangiritse hadaciye kabiri gisanwe ndetse bongeye kugikoresha.

Aba baturage bo mu Karere ka Muhanga, bavuga ko urujya n’uruza hagati y’Akarere kabo na Gakenke yari yongeye kuba ntamakemwa none iyangirika ry’iki kiraro ribikomye mu nkokora.

Umwe yagize ati “I Gakenke hasanzwe hari abaturage benshi bazinduka baje gukorera muri Muhanda nimugoroba bakongera gutaha, yewe natwe inaha i Muhanga hari benshi bajya gushakira imibereho muri Gakenke, urumva ko kuba cyongeye kwangirika ari inkuru mbi.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mata, iki kiraro cyongeye kwangizwa n’imvura nyinshi yaguye ikuzuza umugezi wa Nyabarongo bigatuma iki kiraro gihengama.

Bizimana Eric, Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu yavuze ko igice kinini cyangiritse ari icyo ku ruhande rw’Akarere ka Gakenke.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice yavuze ko inzego z’ubuyobozi bw’ibanze ku bufatanye n’inzego z’umutekano bahise bashaka uburyo bakomeza gufasha abaturage kwambuka.

Yavuze ko ubu abashinzwe umutekano wo mu mazi basabwe gukomeza gufasha abaturage kwambuka bakoresheje ubwato.

Uyu muyobozi kandi yavuze ko abari batsindiye isoko ryo gusana iki kiraro, na bo bari kuganira n’ubuyobozi kugira ngo bashakire hamwe.

Yagize ati ”Dusabye Marine ko bakomeza kwambutsa abaturage, na Engineering Brigade bubatse iki kiraro bose batangiye kudufasha gutanga igisubizo.”

Tariki 14 Mata 2022, iki kiraro gihuza Umurenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, na Ruli muri Gakenke cyari cyatashywe nyuma yo gusanwa dore ko cyari kimaze amezi atatu cyarangiritse.

Ubwo cyatahwaga mu cyumweru gishize
Cyongeye kwangirika

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twenty =

Previous Post

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Next Post

Netflix yahagurukiye abantu baha abandi ‘Password’ za konti zabo

Related Posts

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

IZIHERUKA

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Netflix yahagurukiye abantu baha abandi ‘Password’ za konti zabo

Netflix yahagurukiye abantu baha abandi 'Password' za konti zabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.