Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: ‘Gutanga avanse’ [kuryamana mbere yo kurushinga] biri mu bisenyera abashakanye rugikubita

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in MU RWANDA
0
Gisagara: ‘Gutanga avanse’ [kuryamana mbere yo kurushinga] biri mu bisenyera  abashakanye rugikubita
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko ingeso yadutse mu rubyiruko yo kuryamana k’umusore n’umukobwa bagiye kurushinga [ibyo bita gutanga avanse], biri mu bikomeje gutuma ingo z’abana babo zisenyuka bidatinze kuko bajya gushakana buri wese yaramaze kurunguruka undi.

Aba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko mu gihe cyabo bashakaga bakiri bamwe bakiri isugi abandi ari imanzi ku buryo umusore n’umukobwa bajyaga gushakana buri umwe afitiye amatsiko undi.

Bavuga ko ibi byazamuraga urukundo hagati yabo ndetse ntihagire ugira irari ry’abandi kuko nta bandi babaga bararyamanye.

Umusaza umwe yagize ati “Nashatse umugore muri za 1980, umugore wanjye ni we narongoye, mu busore bwanjye sinigeze nsambana, narongoye umugore ndabyara.”

Akomeza agira inama uru rubyiruko agira ati “Ibyo byo gutanga avanse ntabwo mbishyigikiye, ntabwo ari ibyiza, inama nabagira ni uko bategereza abo bazashakana.”

Aba babyeyi kandi bavuga ko hari n’abahana avanse bizezanya kuzarushingana ariko bikarangira umwe yigaritse undi bigatuma hari ababyarira mu rugo bikabera umutwaro ababyeyi.

Undi mubyeyi wagarutse kuri izi ngaruka, yagize ati “None se kugira ngo umuntu akuzanire umwana mu rugo na mitiwele y’iki gihe wenda mwatangaga iya batatu mwishyura ibihumbi icyenda, bikaba bibaye cumi na bibiri ejobundi bikaba bibaye cumi na bitanu, ugira ngo biba byoroshye.”

Aba basore n’inkumi batungwa agatoki kuri iyi ngingo, ntawerura ngo avuge ko yabikoze, gusa bemera ko byabayeho ndetse bakanabishyigikira bavuga ko baba bashaka gusuzuma uwo bashakanye niba azabasha akazi ko mu buriri dore ko na ko ngo ku batagashobora biri mu bisenya ingo z’iki gihe.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho y’abaturage, Dusabe Denise avuga ko nk’ubuyobozi budashyigikiye izi ngeso kuko zihabanye n’umuco nyarwanda.

Ati “Icyo dushishikariza urubyiruko yaba ari umuhungu yaba ari umukobwa ni ukwifata, kwishora mu busambanyi mu gihe kidakwiye ntabwo ari byo.”

Uyu muyobozi avuga ko hasanzwe hakorwa ubukangurambaga ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere ndetse n’abajyanama mu bijyanye no kubaka ingo, bityo ko urubyiruko rukwiye kubayoboka kugira ngo bace ukubiri n’izi ngeso.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − four =

Previous Post

Yaje nk’umutumirwa ahita atangira akazi- Andy Bumuntu yatangiye umwuga w’itangazamakuru

Next Post

EAC izashobora ibyananiye MONUSCO imaze imyaka 20 ishorwamo akayabo?- Impuguke yagize icyo abivugaho

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC izashobora ibyananiye MONUSCO imaze imyaka 20 ishorwamo akayabo?- Impuguke yagize icyo abivugaho

EAC izashobora ibyananiye MONUSCO imaze imyaka 20 ishorwamo akayabo?- Impuguke yagize icyo abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.