Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusirikare wari ukurikiranyweho kwicisha umugore we ifuni yakatiwe burundu

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA
0
Umusirikare wari ukurikiranyweho kwicisha umugore we ifuni yakatiwe burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare ufite ipeti rya Sergeant Major mu ngabo z’u Rwanda wari ukurikiranyweho kwica umugore we babanaga mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma, yahamijwe iki cyaha, akatirwa gufungwa burundu.

Ni icyemezo cyasomwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022, nyuma y’urubanza rwabereye mu ruhame mu cyumweru gishize.

Kuri uyu wa Mbere, Urukiko rwa Gisirikare rwavuze ko rushingiye ku buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya babajijwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’uregwa ubwe, bishimangira ko musirikare yakoze icyaha cyo kwica yabigambiriye.

Urukiko rwagendeye ku buhamya bwatanzwe n’umwana wo mu rugo ruturanye n’urw’uyu musirikare wavuze ko yiboneye yica umugore we tariki 26 Werurwe 2022 ubwo yahengererezaga mu mwenge w’urugi.

Uregwa ubwe na we yabwiye Urukiko ko hari ibyo atumvikanyeho n’umugore we bagashyamirana bikamutera umujinya mwinshi ubwo yashakaga kumukubita umwase, undi agahita afata ifuni yari iraho akayimukubita.

Ubushinjacyaha kandi bwanavuze ko uregwa ubwe yari aherutse kubwira umugore we ko azamwica ubundi akishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Urukiko rwa Gisirikare rwagendeye ku byatangajwe mu iburanisha ndetse n’ibyavuye mu iperereza, bigaragaza mu buryo budashidikanywaho ko uregwa yakoze icyaha cyo kwica yabigambiriye bityo ko agomba guhanishwa gufungwa burundu ndetse akamburwa amapeti ya gisirikare.

Mu iburanisha ryabaye mu cyumweru gishize tariki 19 Mata 2022, Sergeant Major Niyigabura Athanase yiyemereye iki gikorwa cyo kwica umugore we ariko akavuga ko yagitewe n’umujinya mwinshi, aboneraho gusaba imbabazi.

Ubwo uru rubanza rwaburanishwaga mu mizi, Ubushinjacyaha bwa Gisirkare bwagaragarije Urukiko ko mu kwezi gushize, Sergeant Major Niyigabura Athanase yasabye uruhusa [Ikibari] rwo kujya gusura umuryango we.

Ubwo yageraga mu rugo rwe, nyuma y’iminsi micye yatangiye gushaka kuvugurura igipangu cye aho yifuzaga gushyirishaho inkingi ariko umugore we akabanza kubyanga.

Nyakwigendera-umugore wa Sergeant Major Niyigabura, yabwiye umugabo we ko ibyo atari byo byihutirwa ahubwo ko yagakwiye kumwubakira inzu yo gucururizamo kugira ngo ijye ibunganira mu mibereho.

Byatumye Sergeant Major Niyigabura yitabaza inzego z’ibanze, zimusaba ko yakora ibyo yumvikanye n’umugore we akareka gukora ibyo batumvikanyeho.

Muri iyo minsi, uyu musirikare yagiye mu kabari, ataha mu masaha akuze yasinze aza yuka inabi umugore we amubwira ko arambiwe agasuzuguro ke.

Bwaracyeye, ubwo umugore yari ari gutegura ifunguro, umugabo we amukubita urushyi ubundi bajya hanze amukubita hasi ari na bwo yamukubise ako gafuni yamwicishije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Birabaye!!: Icyifuzo cya Elon Musk cyo kugura Twitter cyemewe

Next Post

Ni urusaku nk’abasinzi basindiye mu isoko- Evode avuga ku bamagana amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni urusaku nk’abasinzi basindiye mu isoko- Evode avuga ku bamagana amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza

Ni urusaku nk’abasinzi basindiye mu isoko- Evode avuga ku bamagana amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.