Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ubwisanzure bw’Itangazamakuru: U Rwanda ni urw’136 ku Isi, urwa nyuma muri EAC

radiotv10by radiotv10
03/05/2022
in Uncategorized
0
Ubwisanzure bw’Itangazamakuru: U Rwanda ni urw’136 ku Isi, urwa nyuma muri EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (RSF/Reporteurs Sans Frontiere) igaragaza uko ubwisanzure bw’Itangazamkuru buhagaze, yashyize u Rwanda ku mwanya w’ 136 ku Isi n’amanota 45,15%.

Iyi raporo y’Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (RSF), yasohotse kuri uyu munsi hizihizwa umunsi Mpuzamahanga wahariwe ubwisanzure bw’Itangazamakuru.

U Rwanda ruza kuri uyu mwanya w’ 136, rufite amanota 45,15% mu gihe Norvege ya mbere ifite amanota 92,65%.

Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ni rwo rwa nyuma aho Kenya iza ku mwanya wa mbere muri aka karere, iri ku mwanya 69 ku rutonde rusange n’amanota 64,59%, igakurikirwa n’u Burundi buri ku mwanya w’ 107 n’amanota 55,74%.

Tanzania iri ku mwanya wa gatatu mu karere, ku rutonde rusange iri ku mwanya w’ 123 n’amanota 48,28%, naho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikaba iri ku mwanya w’ 125 n’amanota 47,66% mu gihe Sudani y’Epfo ari iy’ 128 n’amanota 47,6% naho Uganda yo iri ku mwanya w’ 132 n’amanota 46,35%.

U Rwanda rwa nyuma mu Bihugu bigize akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, rwazamutseho imyanya 20 yose kuko muri raporo nk’iyi y’umwaka ushize rwari ku mwanya w’ 156, gusa ni bwo rwari rufite amanota menshi kuko rwari rufite 49,34%.

Uyu muryango w’Abanyamakuru batagira umupaka, uvuga ko hari ibikorwa bya Leta y’u Rwanda bikibangamira umwuga w’Itangazamakuru birimo gufunga abawukora ngo kuba hari abakiburirwa irengero ndetse no kuneka abakora uyu mwuga.

Uvuga ko nk’umunyamakuru Niyonsenge Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan yafunzwe azira umwuga we ngo kuko yakoraga ku bibangamiye ubuyobozi.

Gusa Leta y’u Rwanda yakunze gusobanura ko nta munyamakuru ufungirwa umwuga we ndetse ko n’uyu Cyuma Hassan yafungiwe ibyaha yakoze bihabanye n’umwuga yiyitiriraga.

U Burayi burayoboye

Ibihugu 10 bya mbere kuri uru rutonde, byiganjemo ibyo ku mugabane w’u Burayi, biyobowe na Norvege ifite amanota 92,65%, igakurikirwa na Denmark ifite 90,27%, Sweden ya gatatu ikagira amanota 88,84% naho Estonia ya kane ikagira amanota 88,83%, Finland igakurikira n’amanota 88,43%.

Koreya ya Ruguru yo ni iya nyuma aho ifite amanota 13,92, aho ikurikira Eritrea ifite amanota 19,62% na yo ikurikira Iran ifite 23.22%.

ICUMI BYA MBERE

 

ICUMI BYA NYUMA

RADIOTV10.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + fifteen =

Previous Post

Bari bagiye kumushyingura ahita akomangira mu isanduku ababwira ko ari muzima

Next Post

Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana
MU RWANDA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.