Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije abakeka ko rutazaburana urubanza rwarezwemo n’umuryango wa Rusesabagina muri USA

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwasubije abakeka ko rutazaburana urubanza rwarezwemo n’umuryango wa Rusesabagina muri USA
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, yamaze impungenge abakeka ko u Rwanda rutazaburana urubanza rwarezwemo n’Umuryango wa Paul Rusesabagina muri Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko rwiteguye gukurikiza ibiteganywa n’amategeko.

Alain Mukuralinda yavuze ko igihe cyose hari umuntu wareze Leta y’u Rwanda, idashobora guterera iyo, ahubwo ko ikora ibiteganywa n’amategeko.

Ati “Leta y’u Rwanda na yo ifite uburyo igomba gusubiza icyo kirego, ifite uburyo igomba gushyiraho abavoka n’imyanzuro baba bagomba gukora kandi bakayitangira ku gihe. Abantu ntibagire impungenge igihe cyatanzwe kizagera Leta y’u Rwanda yagize ibyo ikora yasabwe.”

Abunganira umuryango wa Paul Rusesabagina bari batangarije Ijwi rya Amerika ko kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Gicurasi 2022, wari umunsi ntarengwa wo kuba u Rwanda rwasubije ibyo rwabajijwe kuri uru rubanza.

Alain Mukuralinda yabwiye iyi Radio ko uretse kuba abanyamategeko ba Leta y’u Rwanda bagomba gusubiza ibyo iki Gihugu cyabajijwe ariko bagomba no kuzaburana uru rubanza mu gihe rwaba rukomeje.

Umuryango wa Paul Rusesabagina wakunze kuvuga ko uyu mugabo yagejejwe mu Rwanda ashimuswe, wasabye impozamarira za Miliyoni 400 USD, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yo yakunze kugaragaza ibimenyetso ko uyu mugabo atigeze ashimutwa.

Alain Mukuralinda yavuze ko ibizakorwa n’abanyamategeko b’u Rwanda byose bizaba bishingiye ku biteganywa n’amategeko.

Yagize ati “Niba tugomba kugaragaza ko Leta y’u Rwanda itakagombye kujya kuburanira mu rukiko runaka hanze y’Igihugu, nta handi wabigaragariza utagiye muri urwo rukiko.”

Mukuralinda yavuze kandi ko mu biteganywa n’amategeko, harimo no kuba uwarezwe atakwitaba Urukiko.

Ati “Leta y’u Rwanda ifite n’uburenganzira bwo kutitaba, uzi ko ubwo burenganzira buremewe mu rukiko nk’uko mujya mubibona abantu bajya mu rubanza rwageramo hagati bakarwivanamo. Buriya ni ibintu byemewe amategeko aba ateganya.”

Paul Rusesabagina wagejejwe mu Rwanda mu mpera za Kanama 2022, muri Nzeri 2021 yakatiwe igifungo cy’imyaka 25 n’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, ariko Ubushinjacyaha bujuririra iki gihano mu Rukiko rw’Ubujurire na rwo mu ntangiro z’ukwezi gushize rukaba rwaragumishijeho iki gihano.

Paul Rusesabagina yahamijwe ibyaha by’iterabwoba bishingiye ku bikorwa byakozwe n’umutwe yashinze wa MRCD-FLN birimo ibitero byagabwe mu mu bice binyuranye birimo mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, byanaguyemo inzirakarengane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura

Next Post

Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

Related Posts

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Impanuka y’imodoka y’ikamyo yabereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yagonze izindi modoka, ikanahitana ubuzima bw’abantu babiri, birakekwa...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije umuryango w’umunyapolitiki Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, witabye Imana....

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Abantu 25 basohotse ku rutonde rwashyizwe hanze n'Ikigo gishinzwe Gutahura no Kurwanya Ibyaha byo mu rwego rw’Imari- FIC (Financial Intelligence...

Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

by radiotv10
16/10/2025
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwatangaje ko hashyizweho uburyo bwo kuzafasha abazitabira ibirori byo guha impamyabumenyi abayirangijemo bizabera i Huye,...

IZIHERUKA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo
AMAHANGA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

16/10/2025
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

16/10/2025
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

Urukundo n’ubudaheranwa muhorana ni inkingi yo kubaho kwacu- Mme J.Kagame yabwiye Aba-Mama amagambo meza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.