• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Icyatumye Amavubi U16 atitabira irushanwa muri Cyprus bitunguranye ntikivugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in SIPORO
0
Icyatumye Amavubi U16 atitabira irushanwa muri Cyprus bitunguranye ntikivugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 16 yari imaze iminsi iri mu myiteguro yo kwitabira irushanwa mpuzamahanga muri Cyprus, ntiyitabiriye iri rushanwa ngo kuko VISA zitabonekeye igihe mu gihe bamwe bavuga ko iyi mpamvu idakwiye kumvikana mu ikipe y’Igihugu.

Inkuru yo kutitabira iri rushanwa yamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gicurasi ubwo yanagombaga kwerecyeza muri Cyprus mu irushanwa UEFA Int’l development tournament rigomba kuba hagati ya tariki 09-15 Gicurasi 2022.

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu butumwa ryanyujije kuri Twitter, ryatangaje impamvu y’isubikwa ry’uru rugendo.

Ubu butumwa bugira buti “Turabamenyesha ko ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 16 yagombaga kwitabira irushanwa rya ‘UEFA Int’l development tournament’ Muri Cyprus kuva tariki 09-15/05/ 2022 itakibashije kuryitabira kubera ko ibyangombwa byo kwinjira muri icyo Gihugu bitabashije kubonekera igihe (Visas).”

Ubutumwa bw’iri shyirahamwe bukomeza buvuga ko aba bana basubira mu miryango yabo no mu bigo by’amashuri basanzwe bigamo, bakazongera guhamagarwa igihe bizaba bibaye ngombwa.

Umunyamakuru w’Imikino mu Rwanda, Imfurayacu Jean Luc wakurikiranye iby’iki kibazo, yatangaje ko urugendo rw’iyi kipe rwasubitswe ku munota wa nyuma.

Yagize ati “Abana bari bamaze ukwezi mu mwiherero utagize icyo utanga […]Urugendo Rw’aba bana rwari kwerekeza mu mujyi wa Ayia Napa / Cyprus rugarukiye muri HillTop Hotel.”

Amashusho agaragaza aba bana basa nk’abavuye mu nama bamenyeresherejwemo uyu mwanzuro, abagaragaza bacitse intege mu buryo budasanzwe.

Bamwe mu bakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, banenze iki gikorwa, bavuga ko bitumvikana kuba hari hashize igihe hazwi iby’iri rushanwa ariko ibyangombwa ntibishakwe mbere.

Abandi na bo bagaragaje ko ibi bishobora kugira ingaruka kuri aba bana biganjemo abari bagiye gutumwa bwa mbere n’Igihugu cyabo ariko bakaba badatumitse bidaturutse ku mpamvu zabo, ku buryo byabangiza mu buryo bw’imitekerereze.

Uwitwa Inyabarasanya kuri Twitter, yagize ati “Ni gute ikipe y’Igihugu ibura Visa?”

Uwitwa K.Honore wabanje guseka, yagize ati “Hhhhhhh Iyo ni football y’iwacu ariko [ashaka kugaragaza ko ibikorwa bidatunganye nk’ibi bisanzwe mu mupira w’amaguru mu Rwanda]”

Uwitwa Ntambara Bavuze na we yagize ati “Ni ukuri iyi nkuru inciye umugongo, nari nanze kubitekerezaho cyane nishyiramo ko buriya irushanwa ryasubitswe, none ngo kubura VISA?, ibi bintu by’akavuyo ariko bizarangira ryari we?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eighteen =

Previous Post

Uwasinye inyandiko ya Miss Elsa nka Noteri na we yatawe muri yombi

Next Post

Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.