Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Icyatumye Amavubi U16 atitabira irushanwa muri Cyprus bitunguranye ntikivugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in SIPORO
0
Icyatumye Amavubi U16 atitabira irushanwa muri Cyprus bitunguranye ntikivugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 16 yari imaze iminsi iri mu myiteguro yo kwitabira irushanwa mpuzamahanga muri Cyprus, ntiyitabiriye iri rushanwa ngo kuko VISA zitabonekeye igihe mu gihe bamwe bavuga ko iyi mpamvu idakwiye kumvikana mu ikipe y’Igihugu.

Inkuru yo kutitabira iri rushanwa yamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gicurasi ubwo yanagombaga kwerecyeza muri Cyprus mu irushanwa UEFA Int’l development tournament rigomba kuba hagati ya tariki 09-15 Gicurasi 2022.

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu butumwa ryanyujije kuri Twitter, ryatangaje impamvu y’isubikwa ry’uru rugendo.

Ubu butumwa bugira buti “Turabamenyesha ko ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 16 yagombaga kwitabira irushanwa rya ‘UEFA Int’l development tournament’ Muri Cyprus kuva tariki 09-15/05/ 2022 itakibashije kuryitabira kubera ko ibyangombwa byo kwinjira muri icyo Gihugu bitabashije kubonekera igihe (Visas).”

Ubutumwa bw’iri shyirahamwe bukomeza buvuga ko aba bana basubira mu miryango yabo no mu bigo by’amashuri basanzwe bigamo, bakazongera guhamagarwa igihe bizaba bibaye ngombwa.

Umunyamakuru w’Imikino mu Rwanda, Imfurayacu Jean Luc wakurikiranye iby’iki kibazo, yatangaje ko urugendo rw’iyi kipe rwasubitswe ku munota wa nyuma.

Yagize ati “Abana bari bamaze ukwezi mu mwiherero utagize icyo utanga […]Urugendo Rw’aba bana rwari kwerekeza mu mujyi wa Ayia Napa / Cyprus rugarukiye muri HillTop Hotel.”

Amashusho agaragaza aba bana basa nk’abavuye mu nama bamenyeresherejwemo uyu mwanzuro, abagaragaza bacitse intege mu buryo budasanzwe.

Bamwe mu bakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, banenze iki gikorwa, bavuga ko bitumvikana kuba hari hashize igihe hazwi iby’iri rushanwa ariko ibyangombwa ntibishakwe mbere.

Abandi na bo bagaragaje ko ibi bishobora kugira ingaruka kuri aba bana biganjemo abari bagiye gutumwa bwa mbere n’Igihugu cyabo ariko bakaba badatumitse bidaturutse ku mpamvu zabo, ku buryo byabangiza mu buryo bw’imitekerereze.

Uwitwa Inyabarasanya kuri Twitter, yagize ati “Ni gute ikipe y’Igihugu ibura Visa?”

Uwitwa K.Honore wabanje guseka, yagize ati “Hhhhhhh Iyo ni football y’iwacu ariko [ashaka kugaragaza ko ibikorwa bidatunganye nk’ibi bisanzwe mu mupira w’amaguru mu Rwanda]”

Uwitwa Ntambara Bavuze na we yagize ati “Ni ukuri iyi nkuru inciye umugongo, nari nanze kubitekerezaho cyane nishyiramo ko buriya irushanwa ryasubitswe, none ngo kubura VISA?, ibi bintu by’akavuyo ariko bizarangira ryari we?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Uwasinye inyandiko ya Miss Elsa nka Noteri na we yatawe muri yombi

Next Post

Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Related Posts

Amakipe yose yageze muri 1/2 mu irushanwa ry’i Burayi UEFA Champions Leauge akorana n’u Rwanda

Amakipe yose yageze muri 1/2 mu irushanwa ry’i Burayi UEFA Champions Leauge akorana n’u Rwanda

by radiotv10
16/04/2026
0

Amakipe ane yose yageze muri 1/2 cy’irangiza mu irushanwa rikomeye ku Mugabane w’u Burayi rinakurikirwa na benshi ku Isi rya...

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

by radiotv10
14/04/2026
0

Muhawenimana Claude umaze imyaka ari Umuyobozi w’Abafana b’Ikipe y’Igihugu Amavubi, yandikiwe na Komite Nyobozi y’aba bafana imumenyesha ko ahagaritswe muri...

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

IZIHERUKA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi
AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

16/04/2026
What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.