Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Icyatumye Amavubi U16 atitabira irushanwa muri Cyprus bitunguranye ntikivugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in SIPORO
0
Icyatumye Amavubi U16 atitabira irushanwa muri Cyprus bitunguranye ntikivugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 16 yari imaze iminsi iri mu myiteguro yo kwitabira irushanwa mpuzamahanga muri Cyprus, ntiyitabiriye iri rushanwa ngo kuko VISA zitabonekeye igihe mu gihe bamwe bavuga ko iyi mpamvu idakwiye kumvikana mu ikipe y’Igihugu.

Inkuru yo kutitabira iri rushanwa yamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gicurasi ubwo yanagombaga kwerecyeza muri Cyprus mu irushanwa UEFA Int’l development tournament rigomba kuba hagati ya tariki 09-15 Gicurasi 2022.

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu butumwa ryanyujije kuri Twitter, ryatangaje impamvu y’isubikwa ry’uru rugendo.

Ubu butumwa bugira buti “Turabamenyesha ko ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 16 yagombaga kwitabira irushanwa rya ‘UEFA Int’l development tournament’ Muri Cyprus kuva tariki 09-15/05/ 2022 itakibashije kuryitabira kubera ko ibyangombwa byo kwinjira muri icyo Gihugu bitabashije kubonekera igihe (Visas).”

Ubutumwa bw’iri shyirahamwe bukomeza buvuga ko aba bana basubira mu miryango yabo no mu bigo by’amashuri basanzwe bigamo, bakazongera guhamagarwa igihe bizaba bibaye ngombwa.

Umunyamakuru w’Imikino mu Rwanda, Imfurayacu Jean Luc wakurikiranye iby’iki kibazo, yatangaje ko urugendo rw’iyi kipe rwasubitswe ku munota wa nyuma.

Yagize ati “Abana bari bamaze ukwezi mu mwiherero utagize icyo utanga […]Urugendo Rw’aba bana rwari kwerekeza mu mujyi wa Ayia Napa / Cyprus rugarukiye muri HillTop Hotel.”

Amashusho agaragaza aba bana basa nk’abavuye mu nama bamenyeresherejwemo uyu mwanzuro, abagaragaza bacitse intege mu buryo budasanzwe.

Bamwe mu bakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, banenze iki gikorwa, bavuga ko bitumvikana kuba hari hashize igihe hazwi iby’iri rushanwa ariko ibyangombwa ntibishakwe mbere.

Abandi na bo bagaragaje ko ibi bishobora kugira ingaruka kuri aba bana biganjemo abari bagiye gutumwa bwa mbere n’Igihugu cyabo ariko bakaba badatumitse bidaturutse ku mpamvu zabo, ku buryo byabangiza mu buryo bw’imitekerereze.

Uwitwa Inyabarasanya kuri Twitter, yagize ati “Ni gute ikipe y’Igihugu ibura Visa?”

Uwitwa K.Honore wabanje guseka, yagize ati “Hhhhhhh Iyo ni football y’iwacu ariko [ashaka kugaragaza ko ibikorwa bidatunganye nk’ibi bisanzwe mu mupira w’amaguru mu Rwanda]”

Uwitwa Ntambara Bavuze na we yagize ati “Ni ukuri iyi nkuru inciye umugongo, nari nanze kubitekerezaho cyane nishyiramo ko buriya irushanwa ryasubitswe, none ngo kubura VISA?, ibi bintu by’akavuyo ariko bizarangira ryari we?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Uwasinye inyandiko ya Miss Elsa nka Noteri na we yatawe muri yombi

Next Post

Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Related Posts

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Gutunganya Igishanga cya Nyandungu byatumye ubwoko 250 bw’inyoni bwari bwarasuhutse bugaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.