Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in Uncategorized
0
MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Clare Akamanzi yashimiye MTN Group

Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho, MTN yabaye umuterankunga w’imena w’ihuriro ry’abashoramari bo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha icyongereza (Commonwealth) rizabera i Kigali mu Rwanda kuva tariki 21 kugeza 23 Kamena ikaba ari na kimwe mu bikorwa by’inama ya CHOGM iteganyijwe kuba mu Rwanda muri uku kwezi.

Ihuriro ry’abashoramari bo muri Commonwealth (Commonwealth Business Forum) ni kimwe mu bikorwa bigize Inama ya CHOGM, ndetse ikaza ari kimwe mu bikorwa bikomeye bizahuriza hamwe abantu benshi mu nzego za Guverinoma kuva icyorezo cya COVID-19 cyakwaduka.

Iri huriro ry’uyu mwaka rizaba rifite insanganyamatsiko igira iti “Delivering a Common Future: Connecting Innovating and Transforming”.

MTN Group yatangaje ko izatera inkunga iki gikorwa nk’umuterankunga w’imena aho izakoresha ibihumbi 230 USD (Miliyoni 230 Frw) nka kimwe mu bimenyetso bigaragaza ko iyi sosiyete ishyize imbere gutera inkunga imishinga yo gukomeza ubufatanye n’imikoranire hagati y’inzego za Leta n’abikorera.

Perezida wa MTN Group, Ralph Mupita yagize ati “Nk’umuryango wiyemeje gutera inkunga iterambere rirambye ry’ubukungu bwa Afurika, twishimiye gutera inkunga iri huriro. Ibyemezo bizafatirwa muri iri huriro rizahuza abayobozi b’inzego za Leta n’abikorera, zizagira uruhare mu gushyiraho amahirwe agamije kugeza Afurika ku ntego yayo ya 2063 ari yo ya Afurika Twifuza.”

Iri huriro rizakirwa rikaba riri no gutegurwa ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Inama y’abashoramari bo mu muryango wa Commonwealth (CWEIC/Commonwealth Enterprise and Investment Council), risanzwe riba nyuma y’imyaka ibiri, u Rwanda rukaba ari ubwa mbere ruryakiriye kuva rwajya muri Commonwealth muri 2009.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi yashimiye MTN ku bwo kuba umuterankunga w’imena w’iri huriro risanzwe ari umwanya w’umwihariko wo guhuriza hamwe inzego za Leta n’iz’abikorera bose bo mu Bihugu bigize Commonwealth.

Yagize ati “Tuzakomeza gukorana n’inama nshingwabikorwa ya MTN Group mu rwego rwo kugera ku bisubizo bifatika ndetse no kugera ku byemezo bizafasha u Rwanda kuyobora Commonwealth mu myaka ibiri.”

Harabura iminsi itagera kuri 20 ngo CHOGM itegerejwe na benshi mu Rwanda ngo itangire aho byitezwe ko izitabirwa n’abantu barenga ibihumbi bitanu bazaturuka mu Bihugu bigize Commonwealth bariko n’abafata ibyemezo, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abahanga udushya mu nzego zitandukanye ndetse n’abo mu nzego z’urubyiruko.

Umuyobozi wa MTN Rwanda, Mitwa Ng’ambi yavuze ko bishimiye kuzaba umuterankunga w’iri huriro nk’igikorwa kimwe cya CHOGM kitezweho kuzatanga umusaruro ushimishije mu kwihutisha iterambere ry’abaturage dore ko biri no mu ntezo z’iyi sosiyete.

Yagize ati “Ibi bizazana urubuga rugari kandi rukwiye, intego yacu y’ibanze ni ukuba buri wese abaho mu buzima bufite ihuzanzira rigezweho nka kimwe mu bituma habaho ahazaza harambye.”

MTN yabaye umuterankunga w’imena muri iro huriro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 14 =

Previous Post

Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw

Next Post

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.