Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in SIPORO
1
Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Carlos Alòs Ferrer yatangaje ko badatewe ubwoba no kuba bagiye gukina na Senegal ifite izina n’abakinnyi bakomeye ahubwo ko bagiye mu kibuga bazi neza ko byose bishoboka.

Kuri uyu mugoroba Saa tatu za Kigali, ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ iraza kwakira ikipe y’Igihugu ya Senegal ‘Les Lions de la Teranga’, mu mukino ubera kuri Stade ya Senegal izwi nka Stade Abdoulaye Wade iherereye mu mujyi wa Diamniadio.

Umutoza Carlos Alòs Ferrer yavuze ko badatewe ubwoba no kuba Senegal ari ikipe ikomeye y’abakinnyi nka Sadio Mané.

Ati “Turabizi ko Senegal ari ikipe ikomeye ifite n’abakinnyi beza bo ku rwego mpuzamahanga, ariko umukino uzaba ari 11 kuri 11. Ntabwo ari Sadio Mané uzaba akina n’u Rwanda, twiteguye guhangana kandi tukarwanira intsinzi.”

Ku ruhande rwa kapiteni w’Amavubi, Meddie Kagere na we avuga ko umukino baheruka gukina na Mozambique batakiwutekereza cyane ahubwo ko ubu bahanze amaso uwa Senegal.

Yagize ati “Ubu uwo duhanze amaso ni uwa Senegal n’ubwo ibyawo bizaba bitandukanye, biradusaba kuba turi hejuru mu mikinire kugira ngo tubashe guhatana n’ikipe nk’iyi ikomeye, tukabyaza umusaruro amahirwe tubona kugira ngo tugire umusaruro dukura muri uyu mukino.”

Umukino ubanza wo mu matsinda wo gusha itiki y’igikombe cya Afrika, u Rwanda rwanganyije na Mozambique 1-1, mu gihe Senegal yatsinze Benin ibitego 3-1.

Kapiteni wa Amavubi yatanze ihumure ku Banyarwanda

AMAFOTO YARANZE IMYITOZO YA NYUMA Y’AMAVUBI

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu

RADIOTV10

Comments 1

  1. T Robz says:
    4 years ago

    Reka twizere Imana nkuko bajya babivuga kuko hari igihe senegal twayitsinda nubwo ifite abakinnyi beza natwe kuri standard zo mu Rwanda abakinnyi bacu ni beza amavubi 1:0senegal ngaye nguko reka dutegerezi ifirimbi yanyuma

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − nine =

Previous Post

Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

Next Post

Umwana w’imyaka 2 yishe se amurashishije masotera hakurikiranwa nyina

Related Posts

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

by radiotv10
22/05/2026
0

Rutahizamu w’ikirangirire w’ibihe byose Cristiano Ronaldo, yatsindiye ibitero bibiri ikipe ye ya Al-Nassr FC, bituma umubare w’ibitego bibura ngo yuzuze...

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

by radiotv10
22/05/2026
0

Cristiano Ronaldo n’ikipe ye Al Nassr FC begukanye igikombe cya shampiyona ya Saudi Arabia, kibaye icya mbere cya shampiyona Ronaldo...

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

by radiotv10
20/05/2026
0

Myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo, Warren Kamanzi, yamaze gutandukana n’ikipe yakiniraga ya Toulouse FC yo mu cyiciro cya mbere mu...

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

by radiotv10
20/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda, ku bwo gutwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana w’imyaka 2 yishe se amurashishije masotera hakurikiranwa nyina

Umwana w’imyaka 2 yishe se amurashishije masotera hakurikiranwa nyina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.