Saturday, February 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in SIPORO
1
Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Carlos Alòs Ferrer yatangaje ko badatewe ubwoba no kuba bagiye gukina na Senegal ifite izina n’abakinnyi bakomeye ahubwo ko bagiye mu kibuga bazi neza ko byose bishoboka.

Kuri uyu mugoroba Saa tatu za Kigali, ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ iraza kwakira ikipe y’Igihugu ya Senegal ‘Les Lions de la Teranga’, mu mukino ubera kuri Stade ya Senegal izwi nka Stade Abdoulaye Wade iherereye mu mujyi wa Diamniadio.

Umutoza Carlos Alòs Ferrer yavuze ko badatewe ubwoba no kuba Senegal ari ikipe ikomeye y’abakinnyi nka Sadio Mané.

Ati “Turabizi ko Senegal ari ikipe ikomeye ifite n’abakinnyi beza bo ku rwego mpuzamahanga, ariko umukino uzaba ari 11 kuri 11. Ntabwo ari Sadio Mané uzaba akina n’u Rwanda, twiteguye guhangana kandi tukarwanira intsinzi.”

Ku ruhande rwa kapiteni w’Amavubi, Meddie Kagere na we avuga ko umukino baheruka gukina na Mozambique batakiwutekereza cyane ahubwo ko ubu bahanze amaso uwa Senegal.

Yagize ati “Ubu uwo duhanze amaso ni uwa Senegal n’ubwo ibyawo bizaba bitandukanye, biradusaba kuba turi hejuru mu mikinire kugira ngo tubashe guhatana n’ikipe nk’iyi ikomeye, tukabyaza umusaruro amahirwe tubona kugira ngo tugire umusaruro dukura muri uyu mukino.”

Umukino ubanza wo mu matsinda wo gusha itiki y’igikombe cya Afrika, u Rwanda rwanganyije na Mozambique 1-1, mu gihe Senegal yatsinze Benin ibitego 3-1.

Kapiteni wa Amavubi yatanze ihumure ku Banyarwanda

AMAFOTO YARANZE IMYITOZO YA NYUMA Y’AMAVUBI

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu

RADIOTV10

Comments 1

  1. T Robz says:
    4 years ago

    Reka twizere Imana nkuko bajya babivuga kuko hari igihe senegal twayitsinda nubwo ifite abakinnyi beza natwe kuri standard zo mu Rwanda abakinnyi bacu ni beza amavubi 1:0senegal ngaye nguko reka dutegerezi ifirimbi yanyuma

    Reply

Leave a Reply to T Robz Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + five =

Previous Post

Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

Next Post

Umwana w’imyaka 2 yishe se amurashishije masotera hakurikiranwa nyina

Related Posts

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko...

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

by radiotv10
06/02/2026
0

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick yatangajwe nk’Umuyobozi mushya Mukuru wa Radio SK FM, asimbura Uwera Jean...

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

by radiotv10
05/02/2026
0

Tariki 05 Gashyantare, ni umunsi havutseho ibyamamare binyuranye muri ruhago y'Isi, barimo rurangiranwa Cristiano Ronaldo uri muri ba rutahizamu b'ibihe...

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwamaze gusinyisha myugariro Ishimwe Abdoul wakiniraga Mukura VS yari yaratijwe na Intare. Ubuyobozi bwa...

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

by radiotv10
03/02/2026
0

Abatoza bose b'ikipe ya Etincelles FC barimo umutoza mukuru, Masudi Djuma, bahagaritswe nyuma y’umusaruro mubi ndetse n’umubano utari mwiza hagati...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

by radiotv10
06/02/2026
0

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

06/02/2026
Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

06/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana w’imyaka 2 yishe se amurashishije masotera hakurikiranwa nyina

Umwana w’imyaka 2 yishe se amurashishije masotera hakurikiranwa nyina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.