• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in SIPORO
0
Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe ane yakinaga mu cyiciro cya Kane muri Afurika y’Epfo, yahagaritswe nyuma y’imikino ibiri irimo uwo imwe yatsinzemo ibitego 33 kuri kimwe n’undi imwe yatsinzemo indi ibitego 59 kuri 1, bikagaragara ko habayemo uburiganya bwo kugurisha imikino kugira ngo aya makipe yitsindishe.

Aya makipe yahagaritswe burundu mu cyiciro cya kane, ni Matiyasi FC, Shivulani Dangerous Tigers, Kotoko Happy Boys ndetse na Nsami Mighty Birds.

Muti byagenze gute?

Amakipe abiri ari yo Matiyasi FC na Shivulani Dangerous Tigers zariho zikubana zirwanira umwanya wa mbere ariko zishaka kurushanwa ibitego, ziza kwigira inama yo gushora imari mu buriganya.

Iyi kipe ya Shivulani Dangerous Tigers ubwo yakinaga na Kotoko Happy Boys, yayinyagiye amahindu y’ibitego, iyitsinda 33-1 mu mukino wabaye mu mpera z’ukwezi gushize kwa Gicurasi.

Matiyasi FC na yo yaje kwihimura na yo ku buriganya bwo kugura umukino, inyagira Nsami Mighty Birds ibitego 59-1 mu gihe iyi kipe yatsinzwe iri ku mwanya wa gatatu.

Ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo, bwemeje ko izi ntsinzwi atari gusa ahubwo ko ari uburiganya budakwiye kwihanganira, ni ko gufatira ibyemezo aya makipe uko ari ane yaba ari ayatsinze ibi bitego bidasobanutse ndetse n’ayabitsinzwe.

Aya makipe yose yahise ahagarikwa bituma aya abiri yarwaniraga igikombe yose agihomba ahubwo gihabwa ikipe yari iri ku mwanya wa kane.

Abayobozi b’aya makipe bo, bahagaritswe mu bikorwa by’umupira w’amaguru mu gihe kiri hagati y’imyaka itanu n’umunani mu gihe abasifuye iyi mikino yombi bo bahagaritswe mu gihe cy’imyaka 10.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu gace ka Mopani, Vincent Ramphago yavuze ko abagize uruhare muri ubu buriganya bose, batifuriza ineza umupira w’amaguru bityo ko bakwiye gufatirwa ibihano.

Yagize ati “Ikibabaje ni uko n’abakinyi bakiri bato babirimo kuko amategeko y’irushanwa avuga ko ari ngombwa ko buri kipe ikinisha ingimbi eshanu ziri munsi y’imyaka 21.”

Uburiganya bwo kugurisha imikino bwagiye bunanugwanugwa mu Rwanda, aho bwavugwaga ku bayobozi b’amwe mu makipe ndetse bamwe muri bo ubwabo bakaba barabishinjanyaga.

Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC usanzwe ari Perezida wa Gasogi United, mu mpera z’umwaka ushize ubwo yavugwagaho ibikorwa nk’ibi byo kwitsindisha ku busha kubera kugurisha imikino, yagize icyo abivugaho.

Icyo gihe ubwo ikipe ye yatsindwa na Gorilla FC 1-0 mu mukino wabaye tariki 17 Ukuboza 2022, KNC yagize ati “Ngo tura-betting (turatega), reka nkubaze ikibazo kimwe, bavuga ko perezida wa Kiyovu Sports ko ari we ubikora cyane, waramubajije, uwo bavuga cyane ni Perezida wa Kiyovu, uzagende umubaze agusobanurire.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw

Next Post

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.