Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere ibikomoka kuri Peteroli byageze mu 1.500Frw…Impamvu byazamutseho amafaranga menshi bitagezeho mbere

radiotv10by radiotv10
10/06/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Bwa mbere ibikomoka kuri Peteroli byageze mu 1.500Frw…Impamvu byazamutseho amafaranga menshi bitagezeho mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva kuri uyu wa 10 Kamena 2022, Mazutu iraba igura 1 503 Frw kuri Litiro imwe naho Lisansi igure 1 460 Frw, nyuma yuko hatangajwe ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bizamutse bikagera mu mafaranga menshi bitigeze bigeraho mbere mu Rwanda.

Ibi biciro bishya, byatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 09 Kamena 2022 mu gihe ibyaherukaga byari byatangajwe mu ntangiro za Mata 2022 aho Lisansi yari yashyizwe ku 1 359 Frw ivuye ku 1 256 Frw naho Mazutu yo yavuye ku 1 201 igera ku 1368 Frw.

Ibiciro bishya byatangajwe kuri uyu wa 09 Kamena bigomba kubahirizwa mu gihe cy’amezi abiri uhereye none ku ya 10 Kamena, bigaragaza ko Lisansi izajya igura 1 460 Frw ni ukuvuga ko yiyongereyeho amafaranga 101 naho Mazutu yashyizwe ku 1 503 Frw ikaba yiyongereyeho 135 Frw.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana avuga ko nubwo ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutse ariko Leta yongeye gushyiramo nkunganire kugira ngo ibiciro by’ingendo bitazamuka bikaba byagira ingaruka ku mibereho y’abaturarwanda.

Dr Ernest Nsabimana uvuga ko kuva muri Gicurasi umwaka ushize, Leta y’u Rwanda yagiye ishyira nkunganire muri ibi bijyanye n’ibikomoka kuri Peteroli, yavuze ko n’ubu iyo itayashyiramo, ibi biciro byari kuzamuka kurusha uko byazamutse.

Ati “N’ubwu byari byazamutse cyane ariko Leta yigomwe hafi amafaranga 200 kuri buri litiro yaba iya Mazutu cyangwa iya Lisansi.”

Agaruka kuri ibi biciro bishya, Dr Nsabimana yagize ati “Ni ukuvuga ngo Mazutu irazamukaho amafaranga 135 aho kugira ngo ibe yazamutseho amafaranga 351 naho lisansi yo izamukeho amafaranga 101 aho kugira ngo ibe yazamutseho amafaranga 317.”

Yavuze ko ibi byatumye muri aya mezi abiri [Kamena (06) na Nyakanga (07)] Leta izigomwa Miliyari 14,4 Frw.

 

U Rwanda rwagonganiye ku isoko n’Abanyaburayi

Dr Ernest Nsabimana wagarukaga ku mpamvu zateye iri zamuka, yavuze ko ubusanzwe u Burusiya ari Igihugu cya gatatu ku Isi mu gucuruka Peteroli nyinshi kandi ubu kikaba gihugiye mu ntambara na Ukraine.

Ibihugu byinshi by’i Burayi byari bisanzwe bikoresha Peteroli yaturugaka mu Burusiya aho byahakuraga igera kuri 40% none bikaba byagiye kubishakira ahandi.

Dr Nsabimana avuga ko iyi ntambara y’u Burusiya na Ukraine ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, yavuze ko Ibihugu by’i Burayi ubu na byo biri kujya gukura ibikomoka kuri Peteroli mu kigobe cy’Abarabu.

Ati “Ubu byaje kuyikura mu Kigobe cy’Abarabu ari na ho ibihugu byacu byo mu karere harimo n’u Rwanda natwe dukura ibikomoka kuri Peteroli, ubwo ni ukuvuga ko Ibihugu byinshi byo mu Burayi ndetse n’ibindi twagonganiye kuri iryo soko, ibyo bigahita bituma ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bizamuka cyane.”

Izamuka ry’ibikomoka kuri Peteroli, rikunze kuba iturufu y’abacuruzi bagahita buriza ibiciro by’ibicuruzwa, gusa Guverinoma y’u Rwanda yasabye abacuruzi kutaba ba rusahurira mu nduru kuko ariya mafaranga Leta yigomwe ari ukugira ngo ibiciro by’ibicuruzwa bitazamuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

Abasirikare ba FARDC bafashwe mpiri na M23 bashimangiye ko bari gukorana na FDLR

Next Post

Rubavu: Mu Murenge umwe nyuma yuko Umuyobozi uburiwe irengero noneho habuze umuturage

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Mu Murenge umwe nyuma yuko Umuyobozi uburiwe irengero noneho habuze umuturage

Rubavu: Mu Murenge umwe nyuma yuko Umuyobozi uburiwe irengero noneho habuze umuturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.