• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

radiotv10by radiotv10
11/07/2022
in MU RWANDA
0
Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Yavuze ko Igipolisi cyabo gikeneye ubufasha bwa polisi y'u Rwanda

Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Somalia, Maj General Abdi Hassan Mohamed uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’icyumweru, yavuze ko igipolisi cyabo gikeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda kugira ngo gikomeze kurushaho gushyira mu bikorwa inshingano zacyo.

Maj General Abdi Hassan Mohamed yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022 ubwo we n’itsinda ayoboye bakirwaga n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza.

Yavuze ko nyuma yuko Igihugu cyabo kivuye mu rugamba rukomeye rw’ibikorwa by’iterabwoba, Polisi y’iki Gihugu iri gutanga serivisi zo kurinda abaturage n’ibyabo mu Gihugu hose.

Yavuze ko nubwo iki Gihugu gikomeje guhura n’ibikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa Al-Shabaab ariko igipolisi cyacyo, kigenda kirushaho gukora neza kibikesha ubufasha gihabwa n’Ibihugu binyuranye.

Ati “Mu izina rya guverinoma ya Somalia, nka Polisi yacu twishimira ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda mu guteza imbere umutekano, kubaka amahoro ndetse no kubahiriza amategeko binyuze mu mahugurwa ahabwa ba ofisiye bakuru mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College) mu gihe cy’imyaka 10 ishize.”

Yakomeje agira ati “Polisi ya Somalia ikeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda kugira ngo yuzuze ishingano ndetse no mu iyubahirizwa ry’amategeko muri Polisi Somalia, Bityo bigatuma habaho ituze no kurinda igihugu bizira ubwoba, igihunga, ihohoterwa cyangwa ibindi byose binyuranyije n’amategeko.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yavuze ko uru ruzinduko, ari umwanya mwiza ku mpande zombi, wo kurushaho kunoza imikoranire n’ubufatanye, bakarushaho kurebera hamwe izindi nzego bafatanyamo zirimo nko guhanagana amakuru hagamijwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba.

Ati “Polisi y’u Rwanda ifite ubushake mu bufatanye na Polisi ya Somalia ku bw’umutekano n’ituze ry’ibihugu byacu.”

Maj General Abdi Hassan Mohamed yakiriwe n’akarasisi k’abapolisi

IGP Dan Munyuza yamwakiriye mu biro bye

IGP Dan Munyuza yamushimiye umuhate bakomeje kugaragaza mu bufatanye bw’Igipolisi ku mpande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − two =

Previous Post

Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame

Next Post

Ntibyantunguye ariko ni inkuru mbi-B.Ntaganda avuga ku kuba P.Kagame yaziyamamaza mu myaka 20

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Ntibyantunguye ariko ni inkuru mbi-B.Ntaganda avuga ku kuba P.Kagame yaziyamamaza mu myaka 20

Ntibyantunguye ariko ni inkuru mbi-B.Ntaganda avuga ku kuba P.Kagame yaziyamamaza mu myaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.