Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo irifuza ko umuvugizi wa MONUSCO yirukanwa igitaraganya ku butaka bwayo

radiotv10by radiotv10
04/08/2022
in Uncategorized
0
DRCongo irifuza ko umuvugizi wa MONUSCO yirukanwa igitaraganya ku butaka bwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye ko Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann ava ku butaka bw’iki Gihugu mu gihe gito gishoboka.

Mu itangazo ryatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yasabye Umuryango w’Abibumbye kwirukana uyu Mathias Gillmann ku butaka bw’iki gihugu.

Yagize ati “Guverinoma irashimishwa n’ibyemezo bifatirwa Mathias Gillmann ko agomba kuva ku butaka bwa Congo mu gihe gito gishoboka.”

Christophe Lutundula yakomeje avuga ko kuba Mathias Gillmann yaguma ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byarushaho kwangiza umubano no kwakangiza icyizere biri hagati ya Leta na MONUSCO.

Yavuze ko iki cyifuzo gishingiye ku byatangajwe n’uyu Mathias Gillmann kuri Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ko MONUSCO idafite ubushobozi mu bya gisirikare bwo guhangana na M23.

Umwe mu bagize Guverinoma ya DRC, wavuganye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, yagize ati “Turasaba MONUSCO mu buryo bw’ubucuti ko ava (Mathias Gillmann) mu Gihugu cyacu.”

Iri jambo riri kuzizwa Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann, yarivuze tariki 13 Nyakanga ubwo yagira ati “Nta bushobozi dufite buhagije bwo kugira icyo dukora gikenewe, n’Igisirikare cya Congo ntigifite ubwo bushobozi buhagije.”

Ibi yatangaje byatumye MONUSCO yijundikwa n’Abanye-Congo, bavuga ko niba idafite ubushobozi idakwiye kuguma mu Gihugu cyabo dore ko ngo n’ubundi kuva yaza ntacyo yabamariye.

Guverinoma ya Congo ivuga ko ariya magambo ari yo ntandaro rutwitsi y’imyigaragambyo yari imaze iminsi muri iki Gihugu yo kwamagana MONUSCO.

Bamwe mu bategetsi bo muri iki Gihugu bavugaga ko kuva aba baje muri ubu butumwa bw’Umuryango bagera mu Gihugu ari bwo ibibazo by’umutekano mucye byagiye byiyongera, bagasaba abaturage kubamagana bakabavira mu Gihugu ari na bwo hatangiye imyigaragambyo yo kubamagana.

Iyi myigaragambyo yafashe indi ntera tariki 25 Nyakanga, yaguyemo abantu bagera muri 36 barimo abaturage 32 ndetse n’abo ku ruhande rwa MONUSCO bane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Inzigo yabererekeye business: Juno Kizigenza na Ariel Ways bahuriye mu ndirimbo

Next Post

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.