Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Si iby’i Nyamirambo gusa no muri Kenya Isuyume yarikoroje…Yagiye gutora Perezida ayikenyeye

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
IFOTO: Si iby’i Nyamirambo gusa no muri Kenya Isuyume yarikoroje…Yagiye gutora Perezida ayikenyeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo muri Kenya yagaragaye yitabiriye amatora y’Umukuru w’Igihugu akenyeye igitambaro bihanaguza [Essuie- Mains], ibintu byaherukaga kuba mu Rwanda mu mwaka ushize.

Muri Kenya, kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2022 baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu agomba kugaragaza uzasimbura Uhuru Kenyatta usoje manda ze.

Aya matora akomeje kuvugwamo guhangana gukomeye hagati ya Raila Odinga na William Ruto, akomeje no kugaragaramo udushya aho agakomeje gukwira Isi yose ari umugabo wagaragaye yagiye gutora yiyambariye Isuyume.

Uyu mugabo utabashije kumenyekana, yafotowe yambaye iki gitambaro gihanagura amazi ndetse na T-Shirt y’umukara yayitebeje muri Essuie-mains.

Iyi foto yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga aho benshi bakomeje kuyitangaho ibitekerezo.

Abiganjemo Abanya-Kenya bari gutanga ibitekerezo kuri iyi foto, bagaragaje ko uyu mugabo yabasekeje bidasanzwe.

Umugabo yagiye mu matora ya Perezida yambaye isuyume muri Kenya

Uwitwa Lucia Mwaura kuri Twitter, yagize ati “Ntabwo yashakaga gukerererwa, yabyutse ahita yiyambarira Isuyume kuko ni yo itari kumutinza.”

Uwitwa Caroline Nekesa yagize ati “Ntabwo yari afite umwanya wo gutakaza, icyo yari ashyizeho umutima ni amatora.”

Hari n’abavuze ko uyu mugabo yashatse kugira ngo avugwe cyane, aho uwitwa Saisi L Nicah yagize ati “Abanyakenya iteka ryose baba bashaka icyatuma bamamara.”

Si ubwa mbere isuyume irikoroje muri aka karere kuko no mu Rwanda muri Mutarama umwaka ushize, isuyume yakoze akantu mu Mujyi wa Kigali ubwo umusore yasohokaga i Nyamirambo akajya mu kivunge cy’abishimira Intsinzi y’Amavubi yari amaze kubona itike ya 1/4 cya CHAN 2020 nyuma yo gutsinda Togo 3-2.

Icyo gihe nubwo mu Mujyi wa Kigali hariho hagunda ya Guma mu rugo, abatuye muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda, babirenzeho kubera ibyishimo birara mu mihanda bishimira intsinzi, gusa icyasekeje benshi ni umusore wagaragayemo akeneye isuyume, aravugwa bishyira cyera ndetse benshi bakora igisa n’umukoro wo kumwigana.

I Nyamirambo na ho Isuyume yigeze kurikoroza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame

Next Post

Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi

Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.