Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko umubano w’u Rwanda na USA ugiye kumera bitandukanye n’uko bamwe babikeka- Impuguke

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko umubano w’u Rwanda na USA ugiye kumera bitandukanye n’uko bamwe babikeka- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bya politiki yemeza ko umubano w’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America ugiye kurushaho kuba mwiza mu gihe hari abakeka ko ushobora kuzamo akabazo bitewe no kuba u Rwanda rukomeje gutsembera USA ko rudashobora gufungura Paul Rusesabagina.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken wagize uruzinduko mu Rwanda, yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ikibazo cya Paul Rusesabagina.

Blinken wanagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 11 Kanama 2022, yirinze kugaruka kuri iki kibazo, gusa avuga ko Ibihugu byombi bizakomeza kukiganiraho.

Uyu mudipolomate ukomeye wa USA, yashimangiye ko Paul Rusesabagina usanzwe ari umuturage ufite uburenganzira bwo gutura muri USA, yahawe ubutabera butanyuze mu mucyo.

Muri iki kiganiro n’Abanyamakuru cyarimo na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, we yahamije koi fatwa ndetse n’urubanza bya Rusesabagina, byose byakozwe hubahirijwe amategeko yaba ay’u Rwanda ndetse n’amategeko mpuzamahanga.

Dr Vincent Biruta kandi yashimangiye ko Guverinoma y’u Rwanda idashobora gukangwa n’iki gitutu ikomeje kotswa na Leta Zunze Ubumwe za America ngo irekure Paul Rusesabagina.

Ni ingingo yumvikana ko u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America zidahuriyeho, bamwe bakeka ko bishobora kugira ingaruka ku mibanire y’Ibihugu byombi.

Gusa impugukemu bya Politiki, Dr Buchanan Ismael akaba n’umwarimu muri Kaminuza, yabwiye RADIOTV10 ko we atari ko abibona.

Yagize ati “Ahubwo mugiye kubona impinduka mu mibanire ya America n’u Rwanda mu kongera agaciro k’ibyo bageneraga u Rwanda mu bufatanye bwabo.”

Dr Buchanan ashingira ku kuba kuba uyu muyobozi wa Dipolomasi ya America yiboneye ukuri kw’ibyo bamwe mu banyapolitiki ba America bajyaga bashingiraho basaba irekurwa rya Rusesabagina.

Ati “We afite uko yabonye ishusho ubwo abakomeza kuvuga niba ari ba bandi barwanira uburenganzira bwa muntu mujya mwumva, ni umuryango wa Rusesabagina…”

Leta Zunze Ubumwe za America, zisanzwe ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda ukomeye kubera inkunga isanzwe irugenera.

Muri 2021 USA yahaye u Rwanda inkunga ya miliyoni 147$ yo guteza imbere inzego zitandukanye. Mu myaka itatu ishize Yatanze miliyoni 116$ zo guteza imbere urwego rw’ubuzima. Amerika kandi yanahaye u Rwanda miliyoni 23$ zo guhangana na COVID-19.

Blinke mu Kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane
Na Minisitiri Biruta
Abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 3 =

Previous Post

DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

Next Post

Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo

Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.