Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

INKURU Y’INCAMUGONGO: Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
17/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
INKURU Y’INCAMUGONGO: Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Burabyo Yvan uzwi nka Buravan, yitabye Imana azize uburwayi aho yari arwariye mu Buhindi ari na ho yatabarukiye.

Iyi nkuru y’incamugongo yaba ku muryango w’uyu muhanzi, inshuti ze n’abafana be ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, yamenyekanye mu gicuku cy’ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kanama 2022.

Itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’abashinzwe gukurikirana inyungu za nyakwigendera, muri iri joro, rivuga ko bababajwe no gutangaza itabaruka ry’uyu muhanzi “witabye imana muri iri joro mu Buhindi aho yari ari kwivuriza indwara ya Cancer yo mu nda [Pancreatic cancer]”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko Yvan Buravan yaranzwe no kubanira neza buri wese ndetse ibihangano bye bigafasha benshi gukunda Igihugu n’umuco nyarwanda.

Rigakomeza rigira riti “Itabaruka rye ni igihombo ku muryango n’inshuti ze ndetse no ku ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.”

Iyi nkuru yashenguye benshi bagiye babigaragariza mu butumwa bakomeje kunyuza ku mbuga nkoranyambaga zo kwifuriza nyakwigendera Yvan Buravan kuruhukira mu mahoro.

Umuziki nyarwanda ubuze umuntu w’ingenzi kuko nyakwigendera Yvan Buravan ari umwe mu bahanzi nyarwanda b’abahanga bafite inganzo yihariye ndetse akaba yari akiri na muto.

Benshi mu bavuganye na we ndetse n’abari basanzwe ari inshuti ze za hafi, bemeza ko yari umusore urangwa n’urugwiro kuri bose, ugira ikinyabupfura no kubaha buri wese yaba umuto cyangwa umukuru, uworoheje n’ukomeye byumwihariko akaba yari azi kuganira ku buryo aho yabaga ari buri wese atifuzaga kuhava.

Nyakwigendera Buravan Imana imwakire mu bayo
Inganzo ye izaguma mu bakunzi be

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa William Ruto

Next Post

Umujenerali wari ukomeye muri FARDC yapfuye urupfu rutunguranye

Related Posts

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu Karere ka Nyarugenge bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura bwo gutobora...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerali wari ukomeye muri FARDC yapfuye urupfu rutunguranye

Umujenerali wari ukomeye muri FARDC yapfuye urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.