Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abandi Banyapolitiki bakomeye muri USA bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abandi Banyapolitiki bakomeye muri USA bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda

Iri tsinda ry'abashingamategeko bayobowe na Senateri Chris Coons

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagize Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda, aho bazaba bagenzwa n’ibijyanye n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa Muntu n’imishyikirano y’u Rwanda na DRC.

Aba basenateri bari mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, bari mu ruzinduko muri Afurika aho bayobowe na Senateri Chris Coons, banyuze muri Kenya bahura n’Abanyapolitiki bakomeye muri iki Gihugu.

Mu bahuye na bo, barimo Perezida Uhuru Kenyatta uri gusoza manda ze, William Ruto uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse na Raila Odinga watsinzwe mu matora.

Ijwi rya America, itangaza ko aba bashingamategeko ba Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, bagomba no kugenderera u Rwanda, bakazaganira n’ubuyobozi bukuru bwarwo.

Mu byo bazaganira harimo ibijyanye n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ndetse n’ibiganiro bigamije kuzahura umubano hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze iminsi urimo igitotsi.

Aba bashingamategeko ba America, bategerejwe mu Rwanda nyuma y’igihe gito iki Gihugu kigiriwemo uruzinduko n’Umunyamabanga w’Igihugu cyabo, Antony Blinken waje ayoboye itsinda ry’abandi banyapolitiki bomuri kiriya Gihugu.

Inteko Ishinga Amategeko ya USA, yakunze kwinjira mu rugamba rwo kotsa igitutu ku Rwanda ngo rurekure Paul Rusesabagina.

Mu cyumeru gishize tariki 10 Kanama 2022, u Rwanda rwakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken, warugendereye mu rugendo yari amazemo iminsi ku Mugabane wa Afurika.

Antony Blinken wagiriye urunzinduko mu Rwanda akubutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ikibazo cya Paul Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba agakatirwa gufungwa imyaka 25.

Leta Zunze Ubumwe za America zakunze kotsa igitutu u Rwanda ngo rurekure uyu mugabo, zivuga ko yafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Uyu Munyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, yongeye gushimangira ko aho Igihugu cye gihagaze kikihakomeye kuko cyemeza ko uyu mugabo ufite uburenganzira bwo gutura muri USA, atahawe ubutabera bunyuze mu mucyo.

Aba bashingamategeko ba USA bakiriwe na william Ruto uherutse kwegukana intsinzi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Kayonza: Umuhungu arakekwaho gushuka mugenzi we ngo aze amuhe ubufasha yahagera akamufungirana akamusambanya

Next Post

BREAKING: Liliane uregwa ibiterasoni ararekuwe kandi asomewe itariki yabyo itageze

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Liliane uregwa ibiterasoni ararekuwe kandi asomewe itariki yabyo itageze

BREAKING: Liliane uregwa ibiterasoni ararekuwe kandi asomewe itariki yabyo itageze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.