• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abandi Banyapolitiki bakomeye muri USA bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abandi Banyapolitiki bakomeye muri USA bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda

Iri tsinda ry'abashingamategeko bayobowe na Senateri Chris Coons

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagize Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda, aho bazaba bagenzwa n’ibijyanye n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa Muntu n’imishyikirano y’u Rwanda na DRC.

Aba basenateri bari mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, bari mu ruzinduko muri Afurika aho bayobowe na Senateri Chris Coons, banyuze muri Kenya bahura n’Abanyapolitiki bakomeye muri iki Gihugu.

Mu bahuye na bo, barimo Perezida Uhuru Kenyatta uri gusoza manda ze, William Ruto uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse na Raila Odinga watsinzwe mu matora.

Ijwi rya America, itangaza ko aba bashingamategeko ba Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, bagomba no kugenderera u Rwanda, bakazaganira n’ubuyobozi bukuru bwarwo.

Mu byo bazaganira harimo ibijyanye n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ndetse n’ibiganiro bigamije kuzahura umubano hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze iminsi urimo igitotsi.

Aba bashingamategeko ba America, bategerejwe mu Rwanda nyuma y’igihe gito iki Gihugu kigiriwemo uruzinduko n’Umunyamabanga w’Igihugu cyabo, Antony Blinken waje ayoboye itsinda ry’abandi banyapolitiki bomuri kiriya Gihugu.

Inteko Ishinga Amategeko ya USA, yakunze kwinjira mu rugamba rwo kotsa igitutu ku Rwanda ngo rurekure Paul Rusesabagina.

Mu cyumeru gishize tariki 10 Kanama 2022, u Rwanda rwakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken, warugendereye mu rugendo yari amazemo iminsi ku Mugabane wa Afurika.

Antony Blinken wagiriye urunzinduko mu Rwanda akubutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ikibazo cya Paul Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba agakatirwa gufungwa imyaka 25.

Leta Zunze Ubumwe za America zakunze kotsa igitutu u Rwanda ngo rurekure uyu mugabo, zivuga ko yafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Uyu Munyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, yongeye gushimangira ko aho Igihugu cye gihagaze kikihakomeye kuko cyemeza ko uyu mugabo ufite uburenganzira bwo gutura muri USA, atahawe ubutabera bunyuze mu mucyo.

Aba bashingamategeko ba USA bakiriwe na william Ruto uherutse kwegukana intsinzi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Kayonza: Umuhungu arakekwaho gushuka mugenzi we ngo aze amuhe ubufasha yahagera akamufungirana akamusambanya

Next Post

BREAKING: Liliane uregwa ibiterasoni ararekuwe kandi asomewe itariki yabyo itageze

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
BREAKING: Liliane uregwa ibiterasoni ararekuwe kandi asomewe itariki yabyo itageze

BREAKING: Liliane uregwa ibiterasoni ararekuwe kandi asomewe itariki yabyo itageze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.