Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO iburizwamo igitaraganya

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO iburizwamo igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko imiryango itari iya Leta yo mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ishishikarije abaturage kuramukira mu mihanda bamagana MONUSCO ndetse n’inzobereza za UN zasabye ko Leta ya Congo yinjiza abarwanyi ba M23 muri FARDC, Umuyobozi w’uyu Mujyi, yahise atanga gasopo ko nta muntu wemerewe kwigaragambya.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kanama 2022, Umuyobozi w’Umujyi wa Goma, CSP Kabeya Makosa Francois, yasabye ko nta gikorwa na kimwe cy’imyigaragambyo cyemewe muri uyu mujyi ayoboye.

Uyu muyobozi wa Goma wavuze ko yaba ari imyigaragambyo ikozwe mu mahoro cyangwa mu bundi buryo bw’ubushotoranyi, nta kimwe cyemewe, yateguje abaza kuyitabira ko baza guhura n’akaga kuko inzego z’umutekano zitaza kwihanganira ibi bikorwa.

CSP Kabeya Makosa Francois yaboneyeho gusaba inzego z’umutekano kwitegura no guhagarara bwuma kugira ngo hatagira abaza kuzica mu rihumye bakirara mu mihanda bagakora imyigaragambyo.

Yatangaje ibi nyuma yuko Imiryango itari iya Leta imaze iminsi isohora amatangazo ahamagarira abaturage b’i Goma guhaguruka bakongera bagakora imyigaragambyo yagombaga gutangira mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 kugeza kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kanama 2022.

Iyi myigaragambyo yari yateguwe na Sosiyete Sivile y’i Goma, ngo abari kuyitabira bari no kwamagana Inzobere z’Umuryango w’Abibumbye zasabye Leta ya Congo kwinjiza abarwanyi ba M23 mu ngabo za Leta (FARDC).

Iyi miryango itari iya Leta yanakunze gushora abaturage bagakora imyigaragambyo yanagaragayemo uburakari bwinshi mu minsi ishize, ivuga ko yifuza ko MONUSCO iva mu Gihugu cyabo byanga byakunda.

Umuyobozi w’Umujyi wa Goma, si ubwa mbere aburijemo imyigaragambyo kuko yanahagaritse indi yagombaga gukorwa n’ubyiruko rwo mu ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi yagombaga kuba tariki 25 Nyakanga na yo yagombaga kwamagana MONUSCO.

Kabeya François Makosa kandi yagiye aburizamo ibikorwa bimwe by’urugomo byabaga byateguwe nk’icyagombaga kuba tariki 21 Kamena 2022 cyo gutwika ibicuruzwa byose bikomoka mu Rwanda ubwo ibibazo hagati y’Ibihugu byombi byari bigitangira.

Uyu muyobozi w’Umujyi wa Goma, yakoresheje amayeri kugira ngo aburizemo iyi myigaragambyo kuko itariki yagombaga kuberaho yahise atumiza inama y’igitararaganya y’urubyiruko ruhagarariye urundi bituma batabona umwanya wo kujya muri ibi bikorwa by’urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + twelve =

Previous Post

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

Next Post

Cyera kabaye ibicuruzwa bituruka muri Uganda byatangiye kongera kuboneka mu Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Cyera kabaye ibicuruzwa bituruka muri Uganda byatangiye kongera kuboneka mu Rwanda

Cyera kabaye ibicuruzwa bituruka muri Uganda byatangiye kongera kuboneka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.