• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kenya: Urw’Ikirenga rwateye utwatsi ikirego cya Ruto watsinze amatora ya Perezida

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kenya: Urw’Ikirenga rwateye utwatsi ikirego cya Ruto watsinze amatora ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ikirenga muri Kenya, rwanze kwakira ikirego cya William Ruto watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu wareze ishyirahamwe ry’abanyamategeko ashinja kwijandika mu kirego kigamije gutesha agaciro ibyavuye muri aya matora.

Ikirego cya William Ruto, yari yareze ishyirahamwe ry’Abanyamategeko muri Kenya rizwi nka LSK (Law Society of Kenya).

William Ruto yari yiyambaje Urukiko rw’Ikirenga, arega iri shyirahamwe kwinjira mu migambi y’ibirego by’ibyavuye mu matora.

Uretse iki kirego cya William Ruto, Urukiko rw’Ikirenga rwanateye utwatsi ikirego cya Moses Kuria, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko uhagarariye Gatundu y’Epfo ndetse na Geoffrey King’ang’i wahoze ari umudepite uhagarariye Mbeere y’Epfo.

Aba bombi bashyigikiye William Ruto, bashyikirije Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya barusaba ko rutakwakira ikirego cya Raila Odinga wasabye gutesha agaciro ibyavuye mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye tariki 09 z’uku kwezi.

Urukiko rw’Ikirenga kandi rwanze icyifuzo cy’umuyobozi w’Ishyaka Agano, David Mwaure wari n’umwe mu bakandida biyamamaje mu matora, wifuzaga na we kuza mu rubanza rw’ikirego gisaba gusesa ibyavuye mu matora

Nanone kandi rwatesheje agaciro ikirego cya komite yigenga cy’abakomiseri bagize ishyirahamwe ry’abakomiseri b’amatora (IEBC).

Urukiko rw’Ikirenga rwakiriye ikirego cya Raila Odinga, ndetse rukaba rwanakiburanishije, rwemeye icyifuzo cya John Walubengo, Dr Joseph Sevilla na Martin Mirero bifuje kuza muri uru rubanza nk’inshuti z’urukiko.

Raila Odinga utemera ko yatsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, mu kiganiro yagiranye na BBC kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama, yatangaje ko icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga uko kizaza kose, azacyakirana yombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + two =

Previous Post

Rutahizamu w’Amavubi ari mu byishimo byo kwibaruka imfura

Next Post

Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye

Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.