Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA
0
Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Muganza mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, basuye Ingoro y’Amateka yo Guhagarika Jenoside, bataha biyemeje guhangana n’abahakana bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Aba baturage bari mu ngeri zinyuranye barimo urubyiriko n’abakuze, bavuga ko bari bafite inyota yo kumenya byimbitse amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora Igihugu, rwabaye umusingi wo kuzura u Rwanda rwari rwarazahajwe n’imiyoborere mibi.

Umwe yagize ati “Twishimiye uburyo twabonye uru rugamba rwagenze, n’uburyo babohoye u Rwanda kandi ababigizemo uruhare tukaba tubashimira.”

Umwe mu rubyiruko waje muri uru ruzinduko, avuga ko amateka yaranze u Rwanda basanzwe bayasoma mu bitabo, bakaba bishimiye gusura iyi Ngoro igaragaza inzira y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.

Yagize ati “Nungutse byinshi nk’Umunyarwanda kuko amateka yaranze Igihugu byumwihariko Jenoside Yakorewe Abatutsi, tubisoma mu bitabo ariko dukeneye no kumenya amateka byimbitse, nkimara kugera aha rero nungutse byinshi.”

Uwera Sandrine umwe mu bagize Njyanama y’Akarere ka Kirehe na we uri mu basuye iyi Ngoro, avuga ko nk’urubyiruko rwiboneye ishusho y’urugamba rwo guhagarika Jenoside, batahanye ingamba zikomeye.

Ati “Biradufasha guhangana n’abapfobya Jenoside kuko tuzajya turushaho kubasobanurira ibintu nkuko twabibonye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gatore, Oswald Ntagwabira avuga ko uru rugendo rwateguwe nyuma yuko byifujwe n’abaturage ubwabo.

Ati “Harimo urubyiruko, harimo abasheshakanguhe, ababyeyi, bose bifuza kuza kugira ngo aya mateka bayamenye bajye babasha kuyaganiriza abaturage cyane cyane ko harimo n’abahagarariye Inzego z’Umudugudu.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko biboneye ko mu rugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora u Rwanda, hari abemeye kumena amaraso yabo, bityo ko biyemeje kongera ingufu mu gusigasira ibyagezweho kugira ngo imbaraga bakoresheje zikomeze guhabwa agaciro.

Aba baturage kandi bavuye ku Ngoro y’amateka yo guhagarika Jenoside, berecyeza mu Murenge wa Kanombe ahatuye bamwe mu basirikare bamugariye ku rugamba, babashyikiriza inkunga babageneye.

Basobanuriwe byinshi ku rugamba rwo guhagarika Jenoside no kuboha Igihugu

Batahanye ingamba

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nine =

Previous Post

Kenya: Urw’Ikirenga rwateye utwatsi ikirego cya Ruto watsinze amatora ya Perezida

Next Post

Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.