• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA
0
Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Muganza mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, basuye Ingoro y’Amateka yo Guhagarika Jenoside, bataha biyemeje guhangana n’abahakana bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Aba baturage bari mu ngeri zinyuranye barimo urubyiriko n’abakuze, bavuga ko bari bafite inyota yo kumenya byimbitse amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora Igihugu, rwabaye umusingi wo kuzura u Rwanda rwari rwarazahajwe n’imiyoborere mibi.

Umwe yagize ati “Twishimiye uburyo twabonye uru rugamba rwagenze, n’uburyo babohoye u Rwanda kandi ababigizemo uruhare tukaba tubashimira.”

Umwe mu rubyiruko waje muri uru ruzinduko, avuga ko amateka yaranze u Rwanda basanzwe bayasoma mu bitabo, bakaba bishimiye gusura iyi Ngoro igaragaza inzira y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.

Yagize ati “Nungutse byinshi nk’Umunyarwanda kuko amateka yaranze Igihugu byumwihariko Jenoside Yakorewe Abatutsi, tubisoma mu bitabo ariko dukeneye no kumenya amateka byimbitse, nkimara kugera aha rero nungutse byinshi.”

Uwera Sandrine umwe mu bagize Njyanama y’Akarere ka Kirehe na we uri mu basuye iyi Ngoro, avuga ko nk’urubyiruko rwiboneye ishusho y’urugamba rwo guhagarika Jenoside, batahanye ingamba zikomeye.

Ati “Biradufasha guhangana n’abapfobya Jenoside kuko tuzajya turushaho kubasobanurira ibintu nkuko twabibonye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gatore, Oswald Ntagwabira avuga ko uru rugendo rwateguwe nyuma yuko byifujwe n’abaturage ubwabo.

Ati “Harimo urubyiruko, harimo abasheshakanguhe, ababyeyi, bose bifuza kuza kugira ngo aya mateka bayamenye bajye babasha kuyaganiriza abaturage cyane cyane ko harimo n’abahagarariye Inzego z’Umudugudu.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko biboneye ko mu rugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora u Rwanda, hari abemeye kumena amaraso yabo, bityo ko biyemeje kongera ingufu mu gusigasira ibyagezweho kugira ngo imbaraga bakoresheje zikomeze guhabwa agaciro.

Aba baturage kandi bavuye ku Ngoro y’amateka yo guhagarika Jenoside, berecyeza mu Murenge wa Kanombe ahatuye bamwe mu basirikare bamugariye ku rugamba, babashyikiriza inkunga babageneye.

Basobanuriwe byinshi ku rugamba rwo guhagarika Jenoside no kuboha Igihugu

Batahanye ingamba

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + three =

Previous Post

Kenya: Urw’Ikirenga rwateye utwatsi ikirego cya Ruto watsinze amatora ya Perezida

Next Post

Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.