Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Igitaramo kivugwaho gukongeza ubusambanyi n’ubutinganyi hamenyekanye icyatumye kidahagarikwa nkuko byifuzwaga

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Igitaramo kivugwaho gukongeza ubusambanyi n’ubutinganyi hamenyekanye icyatumye kidahagarikwa nkuko byifuzwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite ndetse na bamwe mu bagize Guverinoma ya Uganda, bari bahagurutse basaba ko iserukiramuco rizwi nka Nyege Nyege rihagarikwa ngo kuko rikongeza ubusambanyi n’ubutinganyi, gusa byaje kwemezwa ko kizaba ariko ku mabwiriza akarishye.

Iri serukiramuco ryari rimaze imyaka itatu ritaba kubera icyorezo cya COVID-19, biteganyijwe ko rizaba mu cyumweru gitaha aho rizamara iminsi ine.

Gusa Intumwa za rubanda, na bamwe mu bagize Guverinoma bari bamaganye iri serukiramuco, bavuga ko rigira uruhare mu kwangiza urubyiruko kubera ibirikorerwamo.

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robina Nabbanja yatangaje ko iri serukiramuco rizaba ariko hubarizwa amabwiriza akomeye azashyirwaho.

Mu kiganiro n’abafatanyabikorwa ndetse n’abategura iri serukikiramuco, Robina Nabbanja yagize ati “Igitaramo kizaba ku mabwiriza akomeye. Gikurura ba mukerarugendo benshi bo hanze; ntabwo twakwitesha aya mahiriwe muri iki gihe turi kuva mu ngaruka za COVID-19.”

Abadepite ku wa Kabiri bari bazamuye impaka zikomeye bagaragaza impungenge z’iri serukiramuco, bavuga ko rigira uruhare mu kwamamaza ubusambanyi mu Gihugu, basaba ko rihagarikwa.

Umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko witwa Sarah Opendi yari yagize ati “Kizahuruza abantu b’amoko yose bazaturuka ku Isi hose, batuzanire ingeso zabo mbi.”

Iyi Ntumwa ya Rubandam yavugaga ko iri serukiramuco riberamo ibikorwa byo kureshya abashaka kuba abatinganyi ndetse no kubibigisha.

Gusa Minisitiri w’Ubukerarugendo, Martin Mugarra we yakomeje gushyigikira ko iri serukiramuco ryaba kuko kugeza ubu hari abanyamahanga ibihumbi umunani (8 000) bamaze kwiyandikisha ko bazaryitabira.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anitah Among na we ari mu bari bamaganye iki gikorwa aho yari yagize ati “Ntabwo twakwemera ko ibikorwa nk’ibi bibera ku butaka bw’Igihugu cyacu ni gute mwakwemera kugurisha ayo matike hejuru y’ubuzima bw’abana bacu? Muri kwamamaza ubutinganyi muri Uganda.”

Minisitiri ushinzwe imyitwarire n’uburere mboneragihugu, Rose Lilly Akello yasobanuriye Inteko Ishinga Amategeko ko Minisiteri ye ndetse na Polisi baherutse guhura n’abategura Nyege Nyege bakabaha amabwiriza bagomba kuzagenderaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − four =

Previous Post

Ruto yise Kenyatta boss we nubwo yamuteye umugongo anahishura icyo baganiriye

Next Post

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Related Posts

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

IZIHERUKA

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni
MU RWANDA

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

07/11/2025
Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

06/11/2025
Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.