Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame uri muri Suwede, yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari abakekaga ko u Rwanda rwageze ku iherezo ryarwo ariko ko Abanyarwanda banze guheranwa n’ibyari bimaze kubabaho, bakiyemeza gutangira urugendo rwo kwiyubaka.

Yabivuze mu biganiro byateguwe n’umuryango Reach for Change byabereye i Stockholm mural Suwede, aho ari mu ruzinduko.

Ubwo yagarukaga ku rugendo rwo kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko nyuma y’iri curaburindi, amahanga yabonaga u Rwanda nk’urutazongera kuba Igihugu [barwitaga ‘a failed state’].

Yagaragaje ko urugamba rwo kubohora u Rwanda, rwabaye imbarutso yo gutangira urugendo rwo kubaka Igihugu no kugiteza imbere kuko hari byinshi rwatwaye birimo n’abarumenereyemo amaraso barwanira Igihugu cyabo no kurandura ibibazo byarimo.

Yagize ati “Twanze guhomba burundu Igihugu cyatubyaye gikize ngo gikomeze kokamwa n’urwango n’amacakubiri.”

Yakomeje agaragaza ko imbaraga zashyizwe mu kubaka Igihugu zatanze umusaruro mwiza, ati “Nta kindi zari zigamije atari ineza. Nashakaga kubabwira ko igihe Isi yanze kukugaragariza ineza, wowe ugomba kuyiremera.”

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko uretse kuba Jenoside Yakorewe Abatutsi yarahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zisaga miliyoni imwe, yanasigiye abayirokotse ingaruka zikomeye.

Ati “Abagore ibihumbi 500 bandujwe Virusi itera SIDA, abayibanduje babikoze ku bushake babafata ku ngufu nka kimwe mu bigize ibikorwa bya Jenoside. Abana bacu ibihumbi 300 barishwe naho abandi ibihumbi 100 bagirwa impfubyi.”

Akomeza agaragaza ko ibi byose ari ingaruka z’imiyoborere mibi yari yaramunze imiyoborere y’u Rwanda mbere ya Jenoside aho n’abari barageze mu mashuri ndetse no muri za kaminuza, bari barasabitswe n’ingengabitekerezo mbi.

Ati “Ndizera ko twese tuzi ingaruka z’ibi mu mibereho n’ubukungu kubera ibi bihe bibi. Kubaho igihe kinini kandi ukabaho neza bigomba kugendana no kongerera ubushobozi urubyiruko mu rugendo rw’impunduka mu rugendo rw’imibereho n’ubukungu.”

Muri uko kongerera ubushobozi urubyiruko, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ari ho umuryango Imbuto Foundation yashinze, ari ho ukomeje gutanga umusanzu.

Avuga ko kandi abakiri bato bakwiye kwitabwaho byumwihariko ku Rwanda kuko ari bo bagize umubare munini w’Abanyarwanda kuko 40% byabo bafite imyaka iri munsi ya 15.

Ati “Mu Rwego rwo gufasha uyu mubare munini, Umuryango Imbuto Foundation wagerageje gutanga ibisubizo by’ibibazo bimwe na bimwe, nko gushyira abana ibihumbi 100 mu bigo mbonezamikurire y’abana bato, gutanga buruse ku bana batsinze neza ibihumbi 10 mu mashuri yisumbuye, abana b’abakobwa 5 113 bamaze guhabwa ibihembo kubera gutsinda neza mu mashuri.”

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko gushyira imbaraga mu rubyiruko nkuku bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation, ari ukubaka u Rwanda rushikamye rw’ejo hazaza, bizanatuma Abanyarwanda baca ukubiri n’amacakubiri babibwemo mu bihe byatambutse akabageza no kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Madamu Jeannette Kagame yagejeje ikiganiro ku bitabiriye uyu musangiro

Yasangije abitabiriye uyu mugoroba aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + seventeen =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Next Post

Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.