Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame uri muri Suwede, yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari abakekaga ko u Rwanda rwageze ku iherezo ryarwo ariko ko Abanyarwanda banze guheranwa n’ibyari bimaze kubabaho, bakiyemeza gutangira urugendo rwo kwiyubaka.

Yabivuze mu biganiro byateguwe n’umuryango Reach for Change byabereye i Stockholm mural Suwede, aho ari mu ruzinduko.

Ubwo yagarukaga ku rugendo rwo kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko nyuma y’iri curaburindi, amahanga yabonaga u Rwanda nk’urutazongera kuba Igihugu [barwitaga ‘a failed state’].

Yagaragaje ko urugamba rwo kubohora u Rwanda, rwabaye imbarutso yo gutangira urugendo rwo kubaka Igihugu no kugiteza imbere kuko hari byinshi rwatwaye birimo n’abarumenereyemo amaraso barwanira Igihugu cyabo no kurandura ibibazo byarimo.

Yagize ati “Twanze guhomba burundu Igihugu cyatubyaye gikize ngo gikomeze kokamwa n’urwango n’amacakubiri.”

Yakomeje agaragaza ko imbaraga zashyizwe mu kubaka Igihugu zatanze umusaruro mwiza, ati “Nta kindi zari zigamije atari ineza. Nashakaga kubabwira ko igihe Isi yanze kukugaragariza ineza, wowe ugomba kuyiremera.”

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko uretse kuba Jenoside Yakorewe Abatutsi yarahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zisaga miliyoni imwe, yanasigiye abayirokotse ingaruka zikomeye.

Ati “Abagore ibihumbi 500 bandujwe Virusi itera SIDA, abayibanduje babikoze ku bushake babafata ku ngufu nka kimwe mu bigize ibikorwa bya Jenoside. Abana bacu ibihumbi 300 barishwe naho abandi ibihumbi 100 bagirwa impfubyi.”

Akomeza agaragaza ko ibi byose ari ingaruka z’imiyoborere mibi yari yaramunze imiyoborere y’u Rwanda mbere ya Jenoside aho n’abari barageze mu mashuri ndetse no muri za kaminuza, bari barasabitswe n’ingengabitekerezo mbi.

Ati “Ndizera ko twese tuzi ingaruka z’ibi mu mibereho n’ubukungu kubera ibi bihe bibi. Kubaho igihe kinini kandi ukabaho neza bigomba kugendana no kongerera ubushobozi urubyiruko mu rugendo rw’impunduka mu rugendo rw’imibereho n’ubukungu.”

Muri uko kongerera ubushobozi urubyiruko, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ari ho umuryango Imbuto Foundation yashinze, ari ho ukomeje gutanga umusanzu.

Avuga ko kandi abakiri bato bakwiye kwitabwaho byumwihariko ku Rwanda kuko ari bo bagize umubare munini w’Abanyarwanda kuko 40% byabo bafite imyaka iri munsi ya 15.

Ati “Mu Rwego rwo gufasha uyu mubare munini, Umuryango Imbuto Foundation wagerageje gutanga ibisubizo by’ibibazo bimwe na bimwe, nko gushyira abana ibihumbi 100 mu bigo mbonezamikurire y’abana bato, gutanga buruse ku bana batsinze neza ibihumbi 10 mu mashuri yisumbuye, abana b’abakobwa 5 113 bamaze guhabwa ibihembo kubera gutsinda neza mu mashuri.”

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko gushyira imbaraga mu rubyiruko nkuku bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation, ari ukubaka u Rwanda rushikamye rw’ejo hazaza, bizanatuma Abanyarwanda baca ukubiri n’amacakubiri babibwemo mu bihe byatambutse akabageza no kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Madamu Jeannette Kagame yagejeje ikiganiro ku bitabiriye uyu musangiro

Yasangije abitabiriye uyu mugoroba aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 7 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Next Post

Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.