Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Russia yavuze ko ibyatangajwe na Ukraine ko yatahuye icyobo gishyinguyemo abantu 440 ari ikinyoma

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in MU RWANDA
0
Russia yavuze ko ibyatangajwe na Ukraine ko yatahuye icyobo gishyinguyemo abantu 440 ari ikinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burusiya yamaganye amakuru aherutse gutangazwa na Perezida wa Ukraine ko mu mujyi wa Izyum uherutse kwamburwa ingabo z’Abarusiya, habonetse icyobo gishyinguyemo imibiri 440.

Ku wa Kane w’icyumweru gishize, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko mu ishyamba riherereye mu Majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Izyum, habonetse icyobo gishyinguyemo iyi mibiri.

Yatangaje ibi nyuma yuko ingabo z’u Burusiya zari ziri muri uyu mujyi wa Izyum, ziwambuwe n’iza Ukraine ari na zo ziwugenzura ubu.

Zelenskyy yavuze ko bamwe mu bashyiguye muri icyo cyobo ari abishwe n’ibitero by’indege z’igisirikare cy’u Burusiya.

Hari hatangajwe ko muri aba bashyinguye muri iki cyobo cyari gikikijwe n’ibiti, harimo abasirikare 17 ba Ukraine.

Umuyobozi Mukuru w’ishami rishinzwe iperereza muri Polisi ya Ukraine, Serhiy Bolvinov yagize ati “Ni icyobo kimwe muri byinshi byagaragaye muri uyu mujyi mugari wabohojwe…imibiri 440 yari ishyinguyemo. Bamwe bapfuye bazize inkongi y’umuriro, abandi bicwa n’ibitero by’indege.”

Kuri uyu wa Mbere, Guverinoma y’u Burusiya iyi mva yatangajwe na Ukraine, ari ikinyoma ahubwo ko ari iyahimbwe n’u Burusiya.

Ukraine yakunze gutangaza amakuru ko bagiye basanga imibiri y’Abanya-Ukraine yagiye itahurwa ahantu nyuma yo kwicwa n’ibitero by’Igisirikare cy’u Burusiya.

Gusa u Burusiya na bwo bwakunze kujya bwamagana aya makuru, buvuga ko ari ibihimbano bigamije kwangisha Isi igisirikare cyabwo.

Ukraine yatangaje ko hari hashyinguye imibiri 440

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + twelve =

Previous Post

Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Next Post

Mu guherekeza Umwamikazi Elizabeth Umupolisi yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kugwa igihumure

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu guherekeza Umwamikazi Elizabeth Umupolisi yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kugwa igihumure

Mu guherekeza Umwamikazi Elizabeth Umupolisi yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kugwa igihumure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.