• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nabonye Abaperezida muri Bus ariko sinabonamo uwacu, sinanamuheruka-Umudepite arabaza niba Museveni ameze neza

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA
0
Nabonye Abaperezida muri Bus ariko sinabonamo uwacu, sinanamuheruka-Umudepite arabaza niba Museveni ameze neza
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yavuze ko adaheruka kubona Perezida Museveni, yewe ngo no mu baherutse kugaragara muri Bisi mu Bwongereza ntiyari arimo, akibaza niba yaba ameze neza.

Hon Ssemujju Nganda mu gitekerezo yatangiye mu Nteko Ishinga Amategeko, yifashishije ingingo y’ 107 y’Itegeko Nshinga rya Uganda, igaruka ku mpamvu zatuma Perezida wa Repubulika yakurwa mu biro bye, yavuze ko adaheruka kubona Museveni.

Uyu munyapolitiki wanabaye Umunyamakuru, yagize ati “Mperutse kubona abandi Baperezida ba Afurika muri bisi bitabiriye itabarizwa ry’Umwamikazi ariko Perezida wacu ntiyari ahari.”

Yakomeje avuga kandi ko ku wundi munsi Museveni atitabiriye imihango y’umwe mu bo mu muryango we, ati “Impamvu muduha Itegeko Nshinga iyo turi kurahira, ndifuza kumenya nyakubahwa Perezida w’Inteko niba Perezida wacu ameze neza.”

Iyi ntumwa ya rubanda yavuze ko iki kibazo akibajije niba hari impamvu muri ziriya ziteganywa n’ingingo y’ 107 yaba yarabayeho yatuma Perezida Museveni akurwa mu biro mu gihe iyi Nteko iherutse gukuraho imyaka ntarengwa igomba kuba ifitwe n’umukuru w’Igihugu.

Ni ikibazo cyatumye abagize Inteko Ishinga Amategeko, bazamurira rimwe amajwi ariko baza gusabwa na Visi Perezida w’Inteko wari uyoboye Inteko rusange, gutanga ituze.

Visi Perezida w’Inteko ya Uganda, Hon Thomas Tayebwa yagize agira ati “Kuva ku munsi wa mbere namenya Ssemujju, buri gihe ahora akumbuye Perezida Museveni. Ariko niba wararebye Televiziyo, washoboraga kuba warabonye Museveni vuba aha i Bunyoro, wagombye kuba waramubonye mu Nteko ya NRM yahuye n’abamushyigikiye…ariko icyo ngiye gukora ni ugusabira Ssemujju kuzahura na Perezida.”

Ssemujju mu Nteko abaza niba Museveni ntakibazo afite

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eighteen =

Previous Post

Ubushinjacyaha bwahishuye ko no muri 2021 Bamporiki yakiriye indonke ya Miliyoni 10Frw

Next Post

Ntacyo naba ngikoreye u Rwanda kandi nkibishaka- Bamporiki avuga ku myaka 20 yasabiwe gufungwa

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ntacyo naba ngikoreye u Rwanda kandi nkibishaka- Bamporiki avuga ku myaka 20 yasabiwe gufungwa

Ntacyo naba ngikoreye u Rwanda kandi nkibishaka- Bamporiki avuga ku myaka 20 yasabiwe gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.