Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
0
Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakobwa batewe inda zitateguwe bo mu Murenge wa Gashanga mu Karere ka Ngoma, bavuga ko abazibateye babizezaga kuzabafasha nibamara kubyara ariko ngo uwabyaye umukobwa ntibamureba n’irihumye.

Bamwe mu baganirije RADIOTV10, bavuga ko umukobwa wo muri aka gace ugize ibyago agaterwa inda itateguwe, ahangana n’ibibazo bitandukanye byiyongeraho no guhangayikira igitsina cy’umwana azibaruka kuko baba basenga Imana ngo bazabyare abahungu.

Aba bakobwa batewe inda, bavuga ko hari n’abahungu babibabwira bakimara kumenya ko babateye inda zitateguwe.

Umwe ati “Iyo umubwiye ko yaguteye inda, arakubwira ati ‘nubyara umukobwa ntakintu uzambaza, ariko nubyara umuhungu uzagira icyo umbaza’.”

Akomeza avuga ko iyo umukobwa abyaye umukobwa, akabimenyesha uwamuteye inda, amusubiza ati “umwana ndamwemera” ariko “ugatahira iryo ngo umwana aramwemera, ukazategereza ko agufasha ugaheba.”

Avuga kandi ko iyo umukobwa agiye kwiyambaza ubuyobozi, nyamuhungu ahita atoroka, agahita abura ubundi umukobwa agasigara ahanganye no kurera umwana wenyine.

Undi na we wabyariye iwabo, avuga ko hari n’ababyeyi bafite imyumvire nk’iyi y’abasore kuko na bo babizeza ko nibaramuka babyaye abahungu bazabafasha ariko yabyara umukobwa, bakamutera umugongo.

Ati “Hari ababyeyi bavuga ngo ‘nubyara umuhungu uzaba ubyaye umugabo mu rugo ariko nubyara umukobwa, uzaba ubyaye indaya nkuko nawe watubereye’.”

Aba bakobwa bavuga kandi ko bumva mu bindi bice hari imishinga ifasha abakobwa batewe inda zitateguwe ariko ko bo itarahagera, bagasaba ko na ho yahagera.

Umwe ati “Twe twifuza ko badukorera ubuvugizi bakadushakira nk’imishinga izaduteza imbere tukabona uko dutunga ba bana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yizeje aba bana ko bagiye gufashwa kugira ngo babashe kongera kubaho babona ejo habo heza.

Yagize ati “Inshingano zacu ni ukubasubiza mu muryango kandi neza, abadashobora kujya mu ishuri iri risanzwe, tugafatanya n’abafatanyabikorwa bacu bakiga imyuga.”

Kuva mu mwaka wa 2021, mu Karere ka Ngoma habarwa abakobwa 381 batewe inda zitateguwe mu gihe mu Ntara yose y’Iburasirazuba barenga 700, naho ku rwego rw’Igihugu, mu mwaka wa 21, abatewe inda bataruzuza imyaka 18, bakaba ari ibihumbi 23.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 9 =

Previous Post

MINISANTE yahumurije Abaturarwanda ko Ebola itaragera mu Rwanda igira ibyo ibasaba

Next Post

Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.