Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
0
Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakobwa batewe inda zitateguwe bo mu Murenge wa Gashanga mu Karere ka Ngoma, bavuga ko abazibateye babizezaga kuzabafasha nibamara kubyara ariko ngo uwabyaye umukobwa ntibamureba n’irihumye.

Bamwe mu baganirije RADIOTV10, bavuga ko umukobwa wo muri aka gace ugize ibyago agaterwa inda itateguwe, ahangana n’ibibazo bitandukanye byiyongeraho no guhangayikira igitsina cy’umwana azibaruka kuko baba basenga Imana ngo bazabyare abahungu.

Aba bakobwa batewe inda, bavuga ko hari n’abahungu babibabwira bakimara kumenya ko babateye inda zitateguwe.

Umwe ati “Iyo umubwiye ko yaguteye inda, arakubwira ati ‘nubyara umukobwa ntakintu uzambaza, ariko nubyara umuhungu uzagira icyo umbaza’.”

Akomeza avuga ko iyo umukobwa abyaye umukobwa, akabimenyesha uwamuteye inda, amusubiza ati “umwana ndamwemera” ariko “ugatahira iryo ngo umwana aramwemera, ukazategereza ko agufasha ugaheba.”

Avuga kandi ko iyo umukobwa agiye kwiyambaza ubuyobozi, nyamuhungu ahita atoroka, agahita abura ubundi umukobwa agasigara ahanganye no kurera umwana wenyine.

Undi na we wabyariye iwabo, avuga ko hari n’ababyeyi bafite imyumvire nk’iyi y’abasore kuko na bo babizeza ko nibaramuka babyaye abahungu bazabafasha ariko yabyara umukobwa, bakamutera umugongo.

Ati “Hari ababyeyi bavuga ngo ‘nubyara umuhungu uzaba ubyaye umugabo mu rugo ariko nubyara umukobwa, uzaba ubyaye indaya nkuko nawe watubereye’.”

Aba bakobwa bavuga kandi ko bumva mu bindi bice hari imishinga ifasha abakobwa batewe inda zitateguwe ariko ko bo itarahagera, bagasaba ko na ho yahagera.

Umwe ati “Twe twifuza ko badukorera ubuvugizi bakadushakira nk’imishinga izaduteza imbere tukabona uko dutunga ba bana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yizeje aba bana ko bagiye gufashwa kugira ngo babashe kongera kubaho babona ejo habo heza.

Yagize ati “Inshingano zacu ni ukubasubiza mu muryango kandi neza, abadashobora kujya mu ishuri iri risanzwe, tugafatanya n’abafatanyabikorwa bacu bakiga imyuga.”

Kuva mu mwaka wa 2021, mu Karere ka Ngoma habarwa abakobwa 381 batewe inda zitateguwe mu gihe mu Ntara yose y’Iburasirazuba barenga 700, naho ku rwego rw’Igihugu, mu mwaka wa 21, abatewe inda bataruzuza imyaka 18, bakaba ari ibihumbi 23.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

MINISANTE yahumurije Abaturarwanda ko Ebola itaragera mu Rwanda igira ibyo ibasaba

Next Post

Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.