Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

radiotv10by radiotv10
21/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira kwica Abanyekongo b’Abanyamulenge.

Byatangajwe n’abayobozi muri iri Huriro ubwo basuraga abaturage b’Abanyekongo barenga 250 bahunze uyu mujyi wa Uvira bakerecyeza muri Kamanyola nyuma yuko uruhande rurwanirira Leta ya Congo Kinshasa, rutangiye kwica aba banyekongo bavuga Ikinyarwanda, no kubasahura no kubasenyera.

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Freddy Kanika wari umwe mu bayobozi basuye aba baturage, wihanganishije aba baturage, yababwiye ko iri Huriro riri kumwe na bo muri ibi bibazo bikomeye barimo.

Ati “Amajoro mwaraye mudasinziriye n’abandi bari kure ya Uvira baraye badasinziriye. Amarira mwarize sinaje kubabwira ngo twarayumvise, naje kubabwira ngo twariranye namwe, twabanye namwe, imitima yarakomeretse kimwe n’uko iyanyu yakomeretse.”

Freddy Kanika wavuze ko hari abo mu muryango we barimo umubyeyi we n’abavandimwe be batatu nabo biciwe muri biriya bice mu 1996, yavuze ko uko byagenda kose Abanyekongo bagomba kubana mu Gihugu cyabo.

Ati “Nyamara iki Gihugu ni icyacu, tuzakibamo abazagira ubwenge tuzakibanamo neza, abatazabugira tuzakibanamo ku nabi, kandi nta bakunda iki Gihugu kuturusha, nta bundi bwoko bwamennye amaraso ku bw’iki Gihugu kuturusha.”

Yasabye abo muri ubu bwoko bw’Abanyamulenge kudaheranwa n’agahinda k’ibi bikorwa bibi bakorerwa, abasaba guhaguruka bakarwanirira uburenganzira bwabo.

Freddy Kanika yavuze ko AFC/M23 yafashe icyemezo cyo kurekura uyu mujyi wa Uvira, kubera ibyavuye mu biganiro byagizwemo uruhare n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America, kandi ko ari umwe muri babiri bari babirimo bahagarariye AFC/M23.

Yavuze ko atari ubwa mbere habayeho kurekura ibice bari barafashe, kuko no mu 2022 bari basubiye inyuma ho ibilometero birenga 70 ku bice bari bamaze gufata, bikaza gukurikirwa n’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye.

Ati “Icyo gihe hari abantu bapfuye, muribuka batwika aho bita ku Nturo bakagenda bagafata amazu yose bakayashyiraho umuriro bakica n’abantu.”

Yavuze ko uku gusubira inyuma ari uburyo bwo kurwana intambara yo kwibohora, bityo ko bidakwiye kugira abo bitera urujijo, cyangwa ngo abantu bumve ko ari ukubatererana.

Ati “Mwihangane ni ibihe. Uvira turayisubiramo, Uvira ni iwacu, ntawe uzaza kutwimiira ngo tureke kubayo, turayibamo, turayibanamo n’abandi. Ntabwo twifuje ko ibi bimera gutya, ariko kandi ntabwo bitubuza iyo tujya.”

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka na we wari muri aba bayobozi basuye aba baturage, yavuze ko aba ari abavandimwe ndetse n’ababyeyi babo, kuko basangiye Igihugu cya Congo.

Yavuze ko aba baturage batangiye guhura n’ibibazo ubwo iri Huriro ryafataga icyemezo cyo kurekura mu buryo bwuzuye Umujyi wa Uvira, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye.

Ati “Bahise batangira kwigabiza ingo zabo, barabasenyera, barabasahura. Rero twaje kubaramutsa, tubihanganisha, kandi tubabwira ko twifatanyije na bo.”

Kanyuka yakomeje avuga ko amarira y’aba baturage bo mu mujyi wa Uvira, bakomeje kuyumva kuko na bo batishimira ibiriho bikorwa na Wazalendo ifatanyije na FARDC ndetse n’umutwe wa FDLR.

Avuga kandi ko uru ruhande bahanganye rwahise runatangira kurasa ibisasu mu birindiro by’abarwanyi ba AFC/M23, ndetse no ku bindi bikorwa by’abaturage.

Ati “Twakomeje kubwira umuryango mpuzamahanga ko Abanyamulenge, bageramiwe, baratwika insengero zabo, baratwika inzu zabo, barabarasa, ibisasu birabagwaho ijoro n’amanywa.”

Mbere yuko Ihuriro AFC/M23 rirekura Umujyi wa Uvira, ryari ryasabye ko wazarindwa n’ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, ariko nyuma yo gukuramo abarwanyi baryo wahise winjira FARDC n’impande ziyifasha zirimo Umutwe wa Wazalendo, FDLR n’igisirikare cy’u Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + nineteen =

Previous Post

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Next Post

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.