• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ubifatanya n’urwenya yimukiye kuri radio imaze gusezeraho abanyamakuru batatu

radiotv10by radiotv10
03/10/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umunyamakuru ubifatanya n’urwenya yimukiye kuri radio imaze gusezeraho abanyamakuru batatu
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Rukundo Patrick uzwi nka Rusine mu ruganda rw’urwenya, yavuye kuri radiyo yakoreraga, yimukira ku yindi imaze gusezeraho abanyamakuru batatu mu gihe kitageze ku mwaka.

Rusine ubu yamaze kuba Umunyamakuru wa Kiss FM nkuko byatangajwe n’iyi radiyo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2022.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, avuga ko Rusine agiye gusimbura Kayigi Andy Dick Fred uzwi nka Andy Bumuntu, bivugwa ko ashobora kuba agiye kwerecyeza hanze y’u Rwanda.

Rusine yatangajwe nk’umunyamakuru mushya kuri Kiss FM, nyuma yuko kuri uyu wa Mbere yitabiriye ikiganiro Kiss Breakfast aho yari yaje mu gace kazwi nka Breakfast with the Stars.

Amakuru avuga ko Rusine azaba akorana na Sandrine Isheja ndetse na Andy Bumuntu mu gihe akiri mu Rwanda ariko akazaba ari we uzamusimbura.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Rusine wakoraga kuri Power FM, yagize ati“Kiss FM ni ho mu rugo hashya. Kiss Breakfast ni cyo kiganiro cyanjye gishya hamwe na Sandrine Isheja ndetse na Andy Bumuntu bakaba umuryango wanjye mushya.”

Iki kiganiro Kiss Breakfast gisanzwe gifite abakunzi batari bacye biganjemo urubyiruko, kimaze kugeramo abanyamakuru batatu bashya mu gihe kitageze ku mwaka, nyuma yuko Nkusi Arthur wagikoranaga na Sandrine Isheja asezereye mu mpera z’umwaka ushize.

Nyuma yuko asezeye, haje umunyamakuru Gentil Gedeon Ntirenganya na we waje gusimburwa na Andy Bumuntu, ubu hakaba hajemo Rusine.

Iyi radiyo isanzwe izwiho kuzamura umuziki nyarwanda kandi, imaze gusezeraho abanyamakuru batatu mu gihe kitageze ku mwaka kuko nyuma ya Rutura, hanasezeye uyu wamusimbuye Gentil ndetse na Uncle Austin wari wimukiye kuri Power FM ariko na we akaba amaze iminsi atangaje ko agiye mu kiruhuko.

Rusine ubu ni umunyamakuru wa Kiss FM
Rusine mu gitondo cy’uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + ten =

Previous Post

Muhoozi ngo mu mezi 10 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 7.000 bya ADF

Next Post

BurkinaFaso: Uwahiritswe ku butegetsi n’uwo arusha amapeti yakuyemo akarenge ahunga Igihugu

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Next Post
BurkinaFaso: Uwahiritswe ku butegetsi n’uwo arusha amapeti yakuyemo akarenge ahunga Igihugu

BurkinaFaso: Uwahiritswe ku butegetsi n’uwo arusha amapeti yakuyemo akarenge ahunga Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.