Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko ivuriro rya Mwito ry’Ishami ry’Ikigo Nderabuzima cya Bushenge, ryahoze ribavurira kuri Mutuelle de Santé, none rikaba ryarabihagaritse, none bakaba babona ntacyo rikibamariye.

Iri vuriro ryakiraga abakoresha ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Santé, riza kwegurirwa abikorera, rihita rihagarika kuvurira abantu kuri ubu bwisugane.

Bamwe mu baturage bari basanzwe barigana bakivuza bakoresheje Mutuelle de Santé, babwiye RADIOTV10 ko bivuzaga bagatanga amafaranga macye ahwanye n’ubushobozi bwabo ariko ko ubu hari abajya kwivuzayo bazi ko bari bwishyure nkuko byahoze, ariko babaha inyemezabwishyu bagakubitwa n’inkuba.

Umwe ati “Mperutse kuhazana umwuzukuru wanjye yarwaye mu nda, ariko mpageze banciye amafaranga atabarika, kugira ngo uwo mwana abone imiti byansabye kujya gufata amadovize [ashaka kuvuga amafaranga menshi].”

Aba baturage bavuga ko mbere baganaga iri vuriro batikandagira, benshi bakaza kuhabyarira no kuhavuza abana ariko ko ubu ntawatinyuka kuza kuhivuriza.

Undi ati “Biriya bitaro by’i Mwito nibishake bizahirime, ntacyo bikimaze. None se ko udashobora kujyayo kwaka serivisi ngo uyibone utitwaje bitanu (5 000 Frw)?”

Bavuga ko kugira ngo bagere ku Bitaro bya Bushenge byakira abivuriza ku bwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de sante, bibafata urugendo rurerure ndetse rimwe na rimwe bikavamo n’ingaruka.

Undi muturage ati “Guheka biratugora kuko hari ubwo imvura iba yaguye yaba ari nk’umudamu duhetse agiye nko kubyara bigashobora gutuma yagera ku bitaro yahuye n’izindi ngaruka wenda yangiritse cyangwa akabyarira mu nzira.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie, yabwiye RADIOTV10 ko iri vuriro riri mu yakorewe ubuvugizi asabirwa ko yajya yakira abakoresha ubwisungane bwa Mutuelle de Santé.

Yagize ati “Kuba badakorana na mituweli ni ikibazo kiba gihangayikishije, ntabwo turyamye, twabikozeho ubuvugizi.”

Uyu muyobozi avuga ko mu cyumweru gishize ubuyobozi bwavuganye n’Ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize n’ubwishingizi (RSSB) uburyo iri vuriro na ryo ryakwakira abakoresha buriya bwisungane mu kwivuza.

Ati “Icyizere kirahari rwose kinshi kuko twagikozeho, twaranabyihutishije.”

Amavuriro mato nk’aya yashyizweho mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi nyuma yuko byari bimaze kugaragara ko hari ababura ubuzima bitewe no kutagira amavuriro hafi.

Bavuga ko iri vuriro ribagora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 13 =

Previous Post

Muhanga: Yatangiye ay’incuke yigana n’abo arusha imyaka 10…Menya impamvu yatinze

Next Post

Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.