Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in SIPORO
0
EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2021 ubwo hakinwaga imikino ya nyuma mu matsinda y’irushanwa ry’igikombe cy’u Burayi 2020 (UEFA EURO 2020), amakipe y’ibihugu nka Spain, France, Germany, Portugal na Sweden yabonye itike ya 1/8 cy’irangiza.

Ikipe y’igihugu ya Portugal iyobowe na Cristiano Ronaldo yageze muri 1/8 cy’irangiza nyuma yo kunganya na France ibitego 2-2. Ibitego bya Portugal byose byatsinzwe na Cristiano Ronaldo kuri penaliti yateye mu bihe bitandukanye (31’,60’). Ibitego bya France byatsinzwe na Karim Benzema (45+2’, 47’). Cristiano Ronaldo yahise yuzuza ibitego 109 mu ikipe y’igihugu ya Portugal.

Image

Paul Pogba ukina hagati mu ikipe y’igihugu ya France agenzura umupira ubwo bahuraga na Portugal

Spain ikindi gihugu gifite izina muri ruhago y’u Burayi, yanyagiye Slovakia ibitego 5-0 mbere yo kugera muri 1/8 cy’irangiza. Ibitego bya Spain byatsinzwe na Alvaro Morata (12’), Martin Dubravka (OG,30’), Aymeric Laporte (45+3’), Pablo Sarabia (56’), Ferran Torres (67’), Juraj Kucka (OG,71’) bityo Spain izamuka iva mu itsinda rya gatanu (E) ihagaze neza mu bitego.

Undi mukino wo muri iri tsinda, Sweden yatsinze Poland ibitego 3-2 mbere y’uko bagera muri 1/8 cy’irangiza. Emil Forsberg (2’, 59’) na Viktor Claesson (90+4’) batsindiye Sweden mu gihe ibitego bya Poland byatsinzwe na Robert Lewandowski (61’,84’).

Germany yazamutse muri 1/8 babanje kunganya na Hungry ibitego 2-2. Kai Havertz (66’) na Leon Goretzka (84’) batsindiye Germany mu gihe Adam Szalai (11’) na Andras Schafer (68’) batsindira Hungry.

Image

Joshua Kimmich ukinira Germany yabaye umukinnyi w’umukino wabahuje na Hungry

Imikino ya 1/8 cy’irangiza iratangira kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Kamena 2021. Wales izahura na Denmark (18h00’) mu gihe Italy iri kumwe na Austria (21h00’).

Muri rusange ibihugu byageze muri 1/8 azahura muri ubu buryo:

1.France vs Swisse

2.Croatia vs Spain

3.Belgium vs Portugal

4.Italy vs Austria

5.Sweden vs Ukraine

6.England vs Germany

7.Hollande vs Czech Republic

8.Wales vs Denmark

Image

Karim Benzema (France) yabaye umukinnyi w’umukino wabahuje na Portugal

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Next Post

MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.