Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in SIPORO
0
EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2021 ubwo hakinwaga imikino ya nyuma mu matsinda y’irushanwa ry’igikombe cy’u Burayi 2020 (UEFA EURO 2020), amakipe y’ibihugu nka Spain, France, Germany, Portugal na Sweden yabonye itike ya 1/8 cy’irangiza.

Ikipe y’igihugu ya Portugal iyobowe na Cristiano Ronaldo yageze muri 1/8 cy’irangiza nyuma yo kunganya na France ibitego 2-2. Ibitego bya Portugal byose byatsinzwe na Cristiano Ronaldo kuri penaliti yateye mu bihe bitandukanye (31’,60’). Ibitego bya France byatsinzwe na Karim Benzema (45+2’, 47’). Cristiano Ronaldo yahise yuzuza ibitego 109 mu ikipe y’igihugu ya Portugal.

Image

Paul Pogba ukina hagati mu ikipe y’igihugu ya France agenzura umupira ubwo bahuraga na Portugal

Spain ikindi gihugu gifite izina muri ruhago y’u Burayi, yanyagiye Slovakia ibitego 5-0 mbere yo kugera muri 1/8 cy’irangiza. Ibitego bya Spain byatsinzwe na Alvaro Morata (12’), Martin Dubravka (OG,30’), Aymeric Laporte (45+3’), Pablo Sarabia (56’), Ferran Torres (67’), Juraj Kucka (OG,71’) bityo Spain izamuka iva mu itsinda rya gatanu (E) ihagaze neza mu bitego.

Undi mukino wo muri iri tsinda, Sweden yatsinze Poland ibitego 3-2 mbere y’uko bagera muri 1/8 cy’irangiza. Emil Forsberg (2’, 59’) na Viktor Claesson (90+4’) batsindiye Sweden mu gihe ibitego bya Poland byatsinzwe na Robert Lewandowski (61’,84’).

Germany yazamutse muri 1/8 babanje kunganya na Hungry ibitego 2-2. Kai Havertz (66’) na Leon Goretzka (84’) batsindiye Germany mu gihe Adam Szalai (11’) na Andras Schafer (68’) batsindira Hungry.

Image

Joshua Kimmich ukinira Germany yabaye umukinnyi w’umukino wabahuje na Hungry

Imikino ya 1/8 cy’irangiza iratangira kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Kamena 2021. Wales izahura na Denmark (18h00’) mu gihe Italy iri kumwe na Austria (21h00’).

Muri rusange ibihugu byageze muri 1/8 azahura muri ubu buryo:

1.France vs Swisse

2.Croatia vs Spain

3.Belgium vs Portugal

4.Italy vs Austria

5.Sweden vs Ukraine

6.England vs Germany

7.Hollande vs Czech Republic

8.Wales vs Denmark

Image

Karim Benzema (France) yabaye umukinnyi w’umukino wabahuje na Portugal

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − fifteen =

Previous Post

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Next Post

MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.