Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakuraga urumogi muri Congo bamuguye gitumo afite udupfunyika 5.600 ahita abivuga byose

radiotv10by radiotv10
21/10/2022
in MU RWANDA
0
Uwakuraga urumogi muri Congo bamuguye gitumo afite udupfunyika 5.600 ahita abivuga byose
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 43 y’amavuko ukekwagaho kuba avana urumogi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwe mu Kagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, asanganwa udupfunyika twarwo 5 600.

Uyu mugabo witwa Uhoraningoga Methode, yafashwe na Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ryamusanze mu Mudugudu wa Kamuhirwa, mu Kagari ka Kamurera, mu Murenge wa Kamembe ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 19 Ukwakira 2022.

Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, yavuze ko Polisi yari ifite amakuru ko uyu Uhoraningoga asanzwe acuruza urumogi akura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ku wa Gatatu ni bwo twahamagawe n’umuturage wo mu Mudugudu wa Kamuhirwa, avuga ko amubonye afite umufuka bikekwa ko urimo iurumogi.”
CIP Mucyo Rukundo avuga ko Polisi yahise itegura igikorwa cyo gufata uyu mugabo, ndetse ikaza kumufata.

Ati “Abapolisi bamugwa gitumo muri uriya Mudugudu wa Kamuhirwa afite umufuka wari urimo udupfunyika 4 900 tw’urumogi ahita atabwa muri yombi, Abapolisi bagiye kumusaka iwe mu rugo mu Mudugudu wa Kadasomwa, mu Kagari ka Kamashangi basangayo utundi dupfunyika 700 twari mu gafuka kari gateretse mu cyumba araramo.”

Akimara gufatawa, yemereye Polisi ko asanzwe acuruza urumogi ndetse ko n’urwo yafatanywe yari yarukuye muri Congo mu rukerero rw’uwo munsi yafatiweho.

Uyu mugabo akimara gufatwa, yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kamembe ndetse n’ibiyobyabwenge yafatanywe.

Gusa yavuze ko yari yaruhawe n’uwitwa Mama Linda bari bumvikanye ko ari bumushyire ibihumbi 300 Frw nyuma yo kurugurisha.

CIP Rukundo yaburiye abijandika muri ibi bikorwa bibi by’ubucuruzi w’ibiyobyabwenge, ati “Gushora amafaranga mu biyobyabwenge ni ukuyatwika kuko isaha iyo ari yo yose byafatwa, ubifatiwemo na we agafungwa, agasigara ari umutwaro ku muryango we n’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + three =

Previous Post

Zambia: Minisitiri waje mu Nteko yambaye ikanzu ngo igakorogoshora Umudepite w’umugabo hari icyo yasabwe

Next Post

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.