Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rango B mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bavuga ko bari mu gihirahiro kuko badaheruka kubona ibendera ry’Igihugu ku Biro by’aka Kagari kimwe no ku ishami rya RAB riri muri aka gace, bakibaza niba ryaribwe cyangwa hari ikindi kibazo cyabaye.

Bamwe muri aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bari basanzwe babona ibendera ry’Igihugu ku Biro by’Akagari ndetse no ku ishami ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ariko bakaba badaheruka kuyaca iryera.

Nyamara ngo kuba habaga ibendera, hari ubutumwa byatangaga, ku buryo uwaba warafashe icyemezo cyo kuryururutsa yagombye kuba yarabibamenyesheje.

Umwe yagize ati “Nk’ubu umuntu yamanukaga hariya abona idarapo riri hariya, agahita abona ko ari nk’Akagari cyangwa hakorerwa umurimo wa Leta, ariko uburyo baryururukije ntituzi uburyo ryagiye.”

Undi muturage usanzwe akorera hafi y’ibi Biro by’Akagari, avuga ko ibendera ari ikirango gikomeye cy’Igihugu kandi abaturage bakaba banagifiteho ijambo ku buryo batari gufata icyemezo cyo kuryururutsa batabimenyeshejwe.

Ati “Ryarahahoze ariko ntibigeze banataka ko ryibwe, ubwo niba barayabitse ntiwamenya […] ubundi umuturage iyo abonye ibendera rimanitse aba azi ko ntakibazo na kimwe kiri mu Murenge cyangwa kiri mu Gihugu.”

Mugenzi we akomeza agira ati “Iyo ubonye idarapo ry’Igihugu urimo, uravuga uti ‘ndi Umunyarwanda’ idarapo ni irinyarwanda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rango B, Niyonsenga Marie Louise ahumuriza aba baturage ko iri bendera ritibwe ndetse ko ntakindi kibazo cyabayeho.

Ati “Iryo twari dufite ryarakuze kubera wa muyaga ejobundi watambutseho akagozi karyo karacika ariko twari twasabye irindi, turajya kurifata ku Murenge bambwiye ko ryaje.”

Hakunze kumvikana ubujura bukorerwa amabendera mu bice bitandukanye, rimwe na rimwe ababukora bakaba baba bafite imigambi itari myiza.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Next Post

U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.