Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bari mu Misiri, bahuriye mu nama yiga ku bibazo biri muri DRCongo, yayobowe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, mu gihe Felix Tshisekedi yahagarariwena Minisitiri w’Intebe w’Igihugu cye.

Ni ibiganiro byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ugushyingo 2022, aho aba Bakuru b’Ibihugu bari mu Misiri bitabiriye inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe izwi nka COP27.

Amakuru dukesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko kuri uwo mugoroba wo ku wa Mbere, Perezida Kagame yitabiriye inama nyunguranabitekerezo yo ku rwego rwo hejuru yize ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bukomeza buvuga ko iyi nama “yayobowe n’umuyobozi w’inama y’Abaperezi ba EAC, Evariste Ndayishimiye akaba Perezida w’u Burundi, yanitabiriwe kandi n’Abaperezida, William Ruto wa Kenya, Samia Suluhu wa Tanzania na Minisitiri w’Intebe Sama Lukonde wa DRC.”

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sama Lukonde ni na we wahagarariye Perezida Felix Thisekedi muri iyi nama iri kubera mu Misiri yiga ku mihindagurikire y’Ibihe.

Iyi nama yize ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi yitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Dr Peter Mathuki.

Iyi nama ibaye nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zemeranyijwe gukomeza inzira y’ibiganiro, nkuko byemerejwe mu nama yahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, uwa DRC, Christophe Lutundula ndetse n’uwa Angola, Téte António.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bahuriye i Luanda mu mpera z’icyumweru gishize, bemeje ko hubahirizwa imyanzuro yafatiwe mu nama zabanje zabereye i Luanda n’i Nairobi, yanakunze gushyigikirwa n’u Rwanda ndetse rukagaragaza ubushake bw’ishyirwa mu bikorwa ryayo ariko Guverinoma ya Congo Kinshasa yo ikabigendamo biguruntege.

Perezida Kagame mu nama yize ku bibazo bya DRC
Ni inama yayobowe na Perezida Ndayishimiye

Yarimo kandi Perezida William Ruto
Na Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Perezida Kagame kandi yanaganiye na Ndayishimiye na William Ruto
Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Pether Mathuki na we yitabiriye iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Next Post

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.