Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Isoko bubakiwe babwiwe ko ari iry’abacuruza ibya ‘kizungu’ ab’ibitoki n’imboga bagumishwa hanze

radiotv10by radiotv10
09/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
1
Isoko bubakiwe babwiwe ko ari iry’abacuruza ibya ‘kizungu’ ab’ibitoki n’imboga bagumishwa hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bo mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko nubwo bubakiwe isoko rya Kijyambere ariko batemerewe kuricururizamo ngo kuko bababwiye ko ari iryo gucururizamo ibicuruzwa bya ‘kizungu’, naho abacuruza ibirimo imboga, bakaba bacururiza hanze imbere yaryo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasanze aba bacuruzi bacururiza imbere y’isoko rya Mwezi riri muri uyu Murenge wa Karengera, bari no kunyagirwa, bamugaragarije agahinda baterwa no kuba bacururiza hanze y’isoko kuko iyo imvura iguye ibanyagira.

Bavuga ko uretse kuba iri soko bubakiwe ari rito, ariko banababujije gucururiza ibicuruzwa byabo muri iri soko rya kijyambere.

Umwe ati “Isoko uko byasa kose harimo ibintu bya kizungu, ibitoki ntibyajyamo, n’ibishyimbo ntibyajya mu nzu, n’ibisheke n’imboga ntibyajyamo.”

Aba bacuruzi bavuga ko iyo imvura iguye yangiza ibicuruzwa byabo kandi bakakwa umusoro ndetse ko nta n’umwe ujya utinda kuyishyura.

Undi ati “Iyo imvura yaguye turabita tukugama, hakaba n’igihe ikomeje kugwa, tugataha tutabirangije.  N’abakiliya ntibaboneka. Umukiliya iyo aje kungurira igitoki, ntakigura yishimye kuko kiba cyuzuye isayo.”

Aba bacuruzi bavuga ko n’iyo babarekera aha bacururiza ariko nibura bakahubakira ku buryo nibura n’iyo haba hasakaye gusa bikabarinda kunyagirwa.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Muhaweyezu Joseph Desire yavuze ko iki kibazo batari bakizi ariko ko bagiye kugikurikirana.

Ati “Icyo twari tuzi ni uko isoko ryashyizweho kugira ngo ribashe gutuma abaturage bacuruza neza. Turi buze kuza gukurikirana turebe uko ikibazo kimeze ariko ubwo ibiteye ikibazo ni ukuba abantu baramutse bacururiza hasi ibintu bikanyagirwa ntabwo byaba ari ibintu bimeze neza.”

Uyu muyobozi avuga ko hari icyumba cyasigaye kuri iri soko, ku buryo bashobora gukora igenzura ry’umubare w’aba bacuruzi ndetse n’abakiliya babagana ku buryo iki kibazo cyabonerwa umuti.

Bubakiwe isoko ariko ngo ni iryio gucururizamo ibya kizungu
Bamwe bacururiza hanze

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Patrick says:
    3 years ago

    None se nibura mwasuye mu isoko imbere musanga nta mboga zirimo? Harimo ikinyoma nge ndahatuye,ibitoki byo namwe murabona ko bitarikwirwamo ariko abandi bajya hanze bakwepa gufata TIN z’ibitara no gutanguranwa abakiriya!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 3 =

Previous Post

Ikipe igiye gukina n’ifite abakunzi benshi mu Rwanda yashyizeho ibiciro byavugishije benshi

Next Post

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.