Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahubwo bizateza ubukene- Ntiyemeranya n’icyemezo cya BNR kigamije guhangana n’itumbagira ry’ibiciro

radiotv10by radiotv10
17/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ahubwo bizateza ubukene- Ntiyemeranya n’icyemezo cya BNR kigamije guhangana n’itumbagira ry’ibiciro
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ifashe icyemezo cyo kuzamura inyungu ku nguzanyo mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko, umusesenguzi mu by’ubukungu avuga ko iki cyemezo kizateza ibibazo kurusha uko cyabikemura kuko kizateza ubukene kinazamure ubushomeri.

Ku wa Kabiri tariki 15 Ugushyingo 2022, Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko inyungu ku nguzanyo yazamuwe ikagera kuri 6.5% ivuye kuri 6% yariho mu kwezi kwa 8/2022 mu gihe mu kwa 02/2022 yari iri kuri 5%.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa avuga ko iki cyemezo cyo kuzamura inyungu ku nguzanyo zakwa amabanki, kiba kigamije kugabanya inguzanyo zihabwa abantu bityo n’amafaranga ari gukoreshwa hanze, agabanuke mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Ati “Ibiciro bishobora kuzamuka kubera ko iyo mfite amafaranga ngasanga igiciro cyazamutse, ndagura ntacyo mba nitayeho, ariko iyo mfite amafaranga macye, n’iyo igiciro kizamutse, ntekereza kabiri mbere yuko ngura. Icyo gihe wa wundi wazamuraga igiciro bikamuca intege ntakomeze kuzamura kubera ko yabuze abaguzi.”

Uyu muyobozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda avuga ko nubwo iki cyemezo kigira uruhare mu guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko, ariko ko atari byo biza imbere kurusha kuba umusaruro w’ibikenerwa ku masoko wakwiyongera.

Umuhanga mu bijyanye n’ubukungu, Teddy Kaberuka, avuga ko iki cyemezo cyafashwe na BNR gishobora kugira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu.

Avuga ko uretse kuba hari benshi bifuzaga kwaka inguzanyo batazaba bakizatse, ariko n’abazazifata zizaba zibahenze ku buryo na bo ibyo bazakora bizagera ku babikeneye bihenze.

Ati “Niba ari umuntu ufite uruganda ibyo azakora azabihenda kuko na we yabikoresheje inguzanyo yamuhenze, niba ari umucuruzi usanzwe na we azajya kurangura ariko yaranguje amafaranga yamuhenze, bitume na we ahenda abandi.”

Uyu musesenguzi avuga ko kiriya cyemezo cyafashwe na Banki Nkuru y’u Rwanda kitatanga umuti w’ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Ati “Kiriya cyemezo cyo kuzamura inyungu ku nguzanyo gituma abashoramari bacika intege yo gufata inguzanyo. Ibiciro byacu ku masoko ikibitera kuzamuka, ni ubucye bw’ibintu dufite, ni umusaruro mucye, ntabwo ibiciro bizamuka kubera amafaranga ari menshi mu bantu, ahubwo bizatuma abantu barushaho gukena.”

Teddy Kaberuka avuga ko uku gukomeza kuzamura inyungu ku nguzanyo zitangwa n’amabanki, bizagira ingaruka ku bifuza gushora imari ndetse n’abasanganywe imishinga, bitume ubushomeri burushaho kwiyongera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Next Post

Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Related Posts

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

IZIHERUKA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare
MU RWANDA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

13/08/2025
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.