Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye arifuza ko Abarundi batangira gutura mu mataje ahandi hagahingwa

radiotv10by radiotv10
28/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye arifuza ko Abarundi batangira gutura mu mataje ahandi hagahingwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yasabye Abarundi gutangira kubaka inzu zigeretse zo guturamo kugira ngo haboneke ubuso bw’ubutaka buhagije bwo guhingaho no kororeraho.

Ndayishimiye Evariste yabivuze ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje ubwo yitabiraga umuganda wo kubaka isoko rya kijyambere rya Rubirizi.

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yavuze ko Abarundi bakwiye gutangira gukoresha ubuhanga buhanitse bugamije kongera ubuso bwo guhingaho no kororeraho. Ati “Kugira ngo tubone ibyo kurya tubone n’ibyo dushora hanyuma tubone n’aho kuba.”

Yagaragarije Abarundi ko inzira banyuramo kugira ngo iyi ntego bayigereho ari ugushaka uburyo batura ku buso buto bakubaka inzu zigeretse.

Ati “Nkubu mwatangira gutekereza muti ‘burya ntibishoboka ko muri are enye haba imiryango mirongo itanu’ kugira ngo tubone bwa buso buzadutunga tukabaho tukazabona ibizadutunga.”

Yakomeje avuga ko nka Hegitari imwe yakubakwamo inzu zishobora guturamo imiryango ibihumbi bitanu. Ati “Mugatangira kubaka amagorofa, mujya hejuru kugira ngo za hegitari zindi zibe izo guhingamo ibyo murya.”

Avuga ko uretse kuba uyu muti uzatuma Abarundi babona ubuso bwagutse bwo guhingaho, uzanatuma baba mu nzu nziza zinagaragara neza kandi bakabasha no kugerwaho n’ibikorwa remezo mu buryo bworoshye.

Yakomeje atanga urugero ati “Buriya turamutse dufashe ziriya nzu zo kuva mu mujyi wa Bujumbura kugera hariya i Bugarama tukazifatanya zose ari amataje afite amagorofa icumi icumi, aha mu Ntara ya Bujumbura mwese ntimwahaba?”

Avuga kandi ko ibi byatuma abantu bose babona aho kuba ku buryo n’abatagiraga amacumbi bayabona ndetse bakabaho neza.

Iyi gahunda yo gutura mu magorofa, igeze kure mu Rwanda byumwihariko mu macumbi yubakirwa abatishoboye, akunze kubakwa mu buryo bw’inzu zigeretse, byose bigamije gucunga neza ubutaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

Igihano cyahawe abishe umugabo barimo n’umugore we bakamuca umutwe bakawujugunya mu mugezi cyamenyekanye

Next Post

Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

Related Posts

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu birori binogeye ijisho byabereye ku mbuga ngari ya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma, Gimbal Musk, umuvandimwe w’umuherwe...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former president of the Democratic Republic of Congo, delivered a message to the Congolese people, stating...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.