Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Hatahuwe ikiri gutera abana ubushyuhe bwateye umwana w’imyaka 13 gusambanya uw’ibiri

radiotv10by radiotv10
26/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Hatahuwe ikiri gutera abana ubushyuhe bwateye umwana w’imyaka 13 gusambanya uw’ibiri
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umwana w’imyaka 13 wo mu muryango wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu asambanyije uw’imyaka ibiri, byatahuwe ko muri aka gace hari inzu zerekanirwamo filimi z’urukozasoni zinarebwa n’abana ari na zo zituma bagira amatsiko yo kujya gukora ibyo bazibonyemo.

Mu cyumweru twaraye dusoje, RADIOTV10 yabagejejeho inkuru y’umuryango wo mu Mudugudu wa Rugerero mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Nyakiriba, uri mu gahinda ko kuba umwana wabo w’imyaka ibiri yarasambanyijwe n’undi w’imyaka 13 wo mu baturanyi ariko akaba atarabihaniwe.

Uyu mwana w’imyaka 13 yiyemerera ko yasambanyije uyu mwana nyuma yo kubibona muri filimi z’urukozasoni, bareba bishyuye igiceri cya 100 Frw.

Uyu mwana avuga ko aho herekanirwa izo filimi, umuntu yishyura iryo jana, ubundi bakamuha icyo ashaka nk’irindazi cyangwa isambusa ubundi bakamwongeza kureba izo filimi.

Ubwo umunyamakuru yari ari gutara iyi nkuru, yahuye n’imodoka y’inzego z’umutekano n’isuku yari irimo abana bari hagati ya batanu (5) n’icumi (10) bari bamaze gufatirwa mu nzu zerekanirwamo filimi.

Bamwe mu babyeyi bo muri aka gace, bagaragaje impungenge bafite ku bantu bereka abana babo izi filimi z’urukozasoni ari na zo ntandaro z’izi ngeso mbi.

Umwe yagize ati “Usanga bino bashyiramo bya filimi, ugasanga bashyizemo za porono kandi abana bicayemo, aba ari ibikozasoni ntabwo aba bakwiye kureba ibyo.”

Akomeza agaragaza ingaruka biri kugira kuri aba bana, ati “Ni uko bari gufata utwo twana twacu bakaduhohotera, bikatubabaza imitima yacu ikaturya.”

Aba babyeyi bavuga ko nubwo abana berekwa izi filimi z’urukozasoni, bigiye hejuru mu myaka, ariko kubereka izi filimi zituma basubira inyuma bagahohotera abo baruta.

Undi mubyeyi ati “Bakwirinda kubyereka abana kuko na bo bazamuka bafite imico mibi. Izo filimi zigomba kureba abantu bakuru.”

Izi filimi bazirebera mu nzu zerekanirwamo filimi

Hari n’ababyeyi banenga bagenzi babo bateshutse ku nshingano zabo zo gukurikirana abana babo, ntibamenye ko bagiye kureba izo filimi z’urukozasoni.

Undi mubyeyi yagize ati “Nabyaye abana icumi ariko nubwo bapfuye nta mwana wanjye warenzaga saa moya akiri hanze, none ubu umwana w’imyaka 10 arageza saa mbiri atarataha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiriba, Nyiransengiyumva Monique, avuga ko batari bazi iki kibazo ariko ko bagiye kwihutira gukora umukwabu wo kukirandura kuko byaba biri kwangiza u Rwanda rw’ejo.

Ati “Ubundi kwereka abana filimi noneho ukongeraho z’urukozasoni, ni icyaha gihanwa n’amategeko, icya mbere kigiye gukorwa ni ugukomeza kwigisha ariko no gukomeza gukora imikwabo tureba ahantu haba herekanirwa izo filimi z’urukozasoni hagafungwa.”

Ushinzwe ubutabera bubereye umwana no kumurinda ihohotera mu kigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), Mukankiriho Immaculee avuga ko abereka abana izi filimi z’urukozasoni, bakwiye kubiryozwa kuko bigize icyaha.

Yifashishije itegeko ryo kurengera umwana mu ngingo yaryo y’ 133, Mukankiriho yavuze ko iyi ngingo iteganya ko uhamijwe iki cyaha cyo kwereka umwana amashusho y’urukozasoni ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu (5) n’irindwi (7) n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 5 Frw na Miliyoni 7 Frw.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 12 =

Previous Post

Mu gitaramo mpemburaroho Israel Mbonyi yakoze ibitazibagirana mu mateka y’umuziki nyarwanda (AMAFOTO)

Next Post

Haketswe icyateye inkongi yibasiye inyubako ikoreramo Polisi kuri Noheli

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haketswe icyateye inkongi yibasiye inyubako ikoreramo Polisi kuri Noheli

Haketswe icyateye inkongi yibasiye inyubako ikoreramo Polisi kuri Noheli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.