• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Abari bagiye mu bikorwa bitemewe ku bunani bahuye n’uruva gusenya ntibagaruka

radiotv10by radiotv10
03/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Abari bagiye mu bikorwa bitemewe ku bunani bahuye n’uruva gusenya ntibagaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo batatu baburiye ubuzima mu kirombe bari bagiye gushakishamo amabuye y’agaciro mu Murenge wa Twumba mu Karere ka Karongi, nyuma yo guhengera abasanzwe bakirinda bagiye kwishimira iminsi mikuru.

Aba bagabo babuze ubuzima bwabo ku munsi w’ubunani bwa 2023, tariki 01 Mutarama ubwo bajyaga muri iki kirombe giherereye mu Mudugudu wa Kanyomvu mu Kagari ka Gisozi.

Bari bagiye muri iki kirombe ari bane, nyuma yuko bahengereye bagasanga abashinzwe kukirinda bahugiye mu kwishimira gutangira umwaka mushya mu ijoro ryo ku ya 01 Mutarama, bagerayo hakinjiiramo batatu undi umwe agasigara hanze abacungiye.

Amakuru avuga ko iki kirombe kitaranatangirwa gucukurwamo amabuye y’agaciro, kuko habanje gukorwa ubushakashatsi n’imwe muri kompanyi ibishinzwe ariko iza guhagarika imirimo y’ubu bushakashatsi.

Uwatanze amakuru, yavuze ko uyu wari wasigaye hanze, yaje na we kwinjira muri iki kirombe agezemo asanga bagenzi be baheze umwuka kubera gaze irimo, ahita ajya kumenyesha abandi bantu ngo baze batabare, ariko basanga bamaze gushiramo umwuka.

Gashanana Saiba uyobora Umurenge wa Twumva, yemeje aya makuru, avuga ko ibi byago byabaye mu gicukuru agana saa sita z’ijoro.

Yavuze ko aba bagabo bahitanywe na Gaze iri muri iki kirombe, ku buryo kugira ngo imirambo yabo ikurwemo byasabye ko hacukurwa ku rundi ruhande rutarimo gaze.

Yagize ati “Twafatanyije n’inzego z’umutekano, dukuramo imirambo yabo ihita yoherezwa ku Bitaro bya Mugonero.”

Uyu muyobozi wihanganishije imiryango y’abitabye Imana, yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda ibikorwa nk’ibi bibujijwe kuko bishobora kuba intandaro yo kubura ubuzima nkuko byabaye kuri aba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + sixteen =

Previous Post

Amakuru mashya y’ubukwe bwabanje kugirwa ibanga bw’umuhanzi nyarwanda wimukiye muri USA

Next Post

Tumenye amakuru arambuye atari azwi y’ubukwe bw’umukinnyi ukomeye w’Amavubi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Tumenye amakuru arambuye atari azwi y’ubukwe bw’umukinnyi ukomeye w’Amavubi

Tumenye amakuru arambuye atari azwi y’ubukwe bw’umukinnyi ukomeye w’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.