Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yavuze ko hari amakuru ari gukusanywa y’abanyeshuri batabashije kujya kwiga, iboneraho kunyomoza ibyari byatangajwe ko ibi bigamije gufasha kohereza abanyeshuri mu bigo boherejwemo ariko ntibabashe kujyayo kubera ubukene.

Hari amakuru yari ari gucicikana ko hari amahirwe ategereje abanyeshuri batsinze ibizamini bya leta bakoherezwa mu bigo by’amashuri ariko ntibabashe kujyayo kubera ubukene.

Aya makuru yakwirakwijwe hifashishijwe itangazo byavugwaga ko ari irya Minisitiri w’Uburezi ryo kumenyesha Abayobozi b’Uturere bungirije bashinzwe Imibereho myiza y’Abaturage gukora raporo y’abo banyeshuri.

Iri tangazo ryanagaragazaga imbonerahamwe igomba kwifashishwa mu gukusanya amakuru y’abo banyeshyri kugira ngo bazafashwe kujyanwa ku mashuri.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashyize hanze itangazo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023 rivuga ko igikorwa cyo gukusanya amakuru y’abanyeshuri batagiye kwiga, kiri gukorwa koko, ariko ko bitagamije kubabafasha kubohereza mu mashuri.

Mu gika cya kabiri cy’iri tangazo, rigira riti “Minisiteri iboneyeho kunyomoza amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko aya makuru akusanywa agamije kohereza abataragiye ku ishuri, mu bigo by’ishuri bibacumbikira.”

Iri tangazo rivuga ko iri genzura rimaze igihe rikorwa n’inzego z’ibanze ku banyeshuri bose “n’abari batsinze ibizamini bya Leta batabonye ubushobozi bwo gukomeza amashuri mu bigo bibacumbikira, mu rwego rwo kubafasha kubona nibura uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.”

Iyi Minisiteri yasoje isaba ababyeyi n’abandi baturage bose gutanga amakuru ku buyobozi mu gihe hari umwana bazi utajya ku ishuri kugira ngo afashwe kwiga nk’abandi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Next Post

Iby’uwavugaga ko ari we muremure ku Isi byasubiwemo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’uwavugaga ko ari we muremure ku Isi byasubiwemo

Iby’uwavugaga ko ari we muremure ku Isi byasubiwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.