Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yavuze ko hari amakuru ari gukusanywa y’abanyeshuri batabashije kujya kwiga, iboneraho kunyomoza ibyari byatangajwe ko ibi bigamije gufasha kohereza abanyeshuri mu bigo boherejwemo ariko ntibabashe kujyayo kubera ubukene.

Hari amakuru yari ari gucicikana ko hari amahirwe ategereje abanyeshuri batsinze ibizamini bya leta bakoherezwa mu bigo by’amashuri ariko ntibabashe kujyayo kubera ubukene.

Aya makuru yakwirakwijwe hifashishijwe itangazo byavugwaga ko ari irya Minisitiri w’Uburezi ryo kumenyesha Abayobozi b’Uturere bungirije bashinzwe Imibereho myiza y’Abaturage gukora raporo y’abo banyeshuri.

Iri tangazo ryanagaragazaga imbonerahamwe igomba kwifashishwa mu gukusanya amakuru y’abo banyeshyri kugira ngo bazafashwe kujyanwa ku mashuri.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashyize hanze itangazo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023 rivuga ko igikorwa cyo gukusanya amakuru y’abanyeshuri batagiye kwiga, kiri gukorwa koko, ariko ko bitagamije kubabafasha kubohereza mu mashuri.

Mu gika cya kabiri cy’iri tangazo, rigira riti “Minisiteri iboneyeho kunyomoza amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko aya makuru akusanywa agamije kohereza abataragiye ku ishuri, mu bigo by’ishuri bibacumbikira.”

Iri tangazo rivuga ko iri genzura rimaze igihe rikorwa n’inzego z’ibanze ku banyeshuri bose “n’abari batsinze ibizamini bya Leta batabonye ubushobozi bwo gukomeza amashuri mu bigo bibacumbikira, mu rwego rwo kubafasha kubona nibura uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.”

Iyi Minisiteri yasoje isaba ababyeyi n’abandi baturage bose gutanga amakuru ku buyobozi mu gihe hari umwana bazi utajya ku ishuri kugira ngo afashwe kwiga nk’abandi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 2 =

Previous Post

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Next Post

Iby’uwavugaga ko ari we muremure ku Isi byasubiwemo

Related Posts

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Rwanda n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari i Doha muri Qatar ahabera ibiganiro bihuza Guverinoma ya...

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

by radiotv10
11/07/2025
0

President Paul Kagame has been honored with an award by the World Health Organization (WHO) for his leadership in advocating...

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

IZIHERUKA

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha
MU RWANDA

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

11/07/2025
Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

11/07/2025
Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’uwavugaga ko ari we muremure ku Isi byasubiwemo

Iby’uwavugaga ko ari we muremure ku Isi byasubiwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.