Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu nama yabereye i Dakar muri Senegal yiga ku iterambere ry’ibikorwa Remezo muri Afurika, yagaragaje ko uyu Mugabane umaze kugera kuri byinshi ariko ko hakiri icyuho mu bikorwa remezo.

Yabivuze kuri uyu wa Kane tariki 02 Gashyantare ubwo iyi nama yabaga, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma banyuranye.

Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’akanama k’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bishinzwe kwiga ku cyerecyezo cy’ikigega cy’Umuryango wa Afurika Uunze Ubumwe gishinzwe iterambere AUDA-NEPA, ari no mu batanze ikiganiro cyagarukaga ku cyakorwa ngo Umugabane wa Afurika ubashe kugera ku bikorwa remezo bigirira akamaro Ibihugu biwugize.

Ni ibiganiro kandi byarimo na Perezida wa Senegal, Macky Sall akaba ari na we uyoboye Afurika Yunze Ubumwe, byarimo kandi Umuyobozi Mukuru wa AUDA-NEPAD, Nardos Bekele-Thomas ndetse n’abandi.

Perezida Macky Sall yavuze ko kwihutisha iterambere ry’ibikorwa remezo muri Afurika bifitiye inyungu abaturage, uhereye ku babarirwa muri miliyoni 600 batagira amashanyarazi.

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakwiriye ibikorwa biteza imbere umugabane wa Afurika kandi ko iby’ibanze ari ibikorwa remezo bifatwa nk’ipfundo ry’iterambere.

Yagize ati “Mu myaka yatambutse hari intambwe yatewe, ibyo ntakubishidikanyaho, ariko haracyari icyuho mu bikorwa remezo ku Mugabane wa Afurika.”

Yakomeje agira ati “Mu gukuraho icyo cyuho ni ngombwa ko habaho kwishakamo ubushobozi buturutse imbere muri twe. Niyo mpamvu mu bihumbi 2017 AUDA-NEPAD yatangije 5 ku ijana ya gahunda yo kuzamura ishoramari ku bikorwa remezo muri Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko iyi nama ari amahirwe yo kongera iyi nkunga ku bufatanye n’abikorera kugira ngo imishinga y’ibikorwa remezo irusheho kugera no mu bigo by’imari.

Umuryango w’ubufatanye bw’iterambere muri Afurika AUDA-NEPAD, wanasinyanye amasezerano na Afrexim Bank ahuriweho y’ubufatanye azateza imbere ibikorwa remezo bya Afurika.

Perezida Kagame yitabiriye iyi nama
Yarimo n’abandi bayobozi bakomeye

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 15 =

Previous Post

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

Next Post

Indi mpanuka noneho ikozwe n’imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe y’ubukombe mu Rwanda

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi mpanuka noneho ikozwe n’imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe y’ubukombe mu Rwanda

Indi mpanuka noneho ikozwe n’imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe y’ubukombe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.