Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Muri shampiyona y’u Bwongereza isanzwe ikurikirwa n’imbaga ya benshi kugeza no mu Rwanda, ikipe ya Tottenham Hotspots yatsinze Manchester City, igitego kimwe cyatsinzwe na Harry Kane wujuje ibitego 267 amaze gutsindira iyi kipe.

Tottenham Hotspots yatsinze Manchester City igitego 1-0 cya Harry Kane, aho iyi kipe kandi imaze igihe gito itsinzwe na Manchester United na yo yayitsinze 1-0 tariki 14 Mutarama 2023.

Igitego cyatsinzwe n’uyu Mwongereza, cyabonetse ku munota wa 15’ w’igice cya mbere cyatumye akuraho agahigo kari gafitwe na Jimmy Greaves, watsindiye iyo kipe  ibitego 266 hagati y’umwaka wa 1961 na 1970.

Ku myaka ye 29, yabaye kandi umukinnyi wa gatatu muri shampiyona y’u Bwongereza ushoboye gutsinda ibitego 200, nyuma ya

Alan Shearer wakiniye New Castle United watsinze (260) na Wayne Rooney (208).

Harry Kane na Wayne Rooney wahagaritse gukina bafite agahigo ko kuba ari bo bamaze gutsindira ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza ibitego byinshi bigera kuri 53, dore ko ako gahigo yakagezeho ubwo u Bwongereza bwatsindwaga n’u Bufaransa muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi umwaka ushize.

Gusa nubwo bimeze bityo Harry Kane nta rushanwa rikomeye irabasha kwegukana. Greaves, witabye Imana afite Imyaka 81 muri 2021 afatwa nk’umukinnyi watsinze ibitego byiza muri iyo shampiyona mu mateka y’umupira w’amaguru.

Uyu kandi yari mu ikipe y’Igihugu y’Ubwongereza yegukanye igikombe cy’Isi mu w’ 1966.

Greaves yatsindiye u Bwongereza ibitego 44, ndetse kandi ni we mukinnyi watsinze ibitego byinshi akina nk’uwabigize umwuga bigera kuri 357 kugeza magingo aya.

Manchester City ifite igikombe cya shampiyona giheruka ikomeje no kugorwa gutsindira Tottenham Hotspurs iwayo dore ko uyu ubaye umukino wa 5.

Harry Kane yashimishije abafana ba Tottenham

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + one =

Previous Post

Myugariro w’Amavubi wari umaze igihe adafite ikipe yasinyiye iri kurwanira igikombe

Next Post

Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya
MU RWANDA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.