• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

VIDEO: Mu Rwanda habonetse isoko banyuzamo bagahindura urusengero bakiragiza Uwiteka

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
VIDEO: Mu Rwanda habonetse isoko banyuzamo bagahindura urusengero bakiragiza Uwiteka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hari isoko rijya rizamo umukozi w’Imana kubwiriza ijambo ry’Uwiteka, ubundi abacuruzi n’abaje guhaha, bagahagarika ibyo barimo bakabanza gutega amatwi ijambo ry’Imana, bamwe bakanahakirira indwara ziba zarababayeho akarande.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze muri iri soko ryo ku Ihepfu riherereye mu Murenge wa Nkanka, yasanze impundu ari nyinshi, aho bamwe mu bari bamaze gufashwa n’ijambo ry’Imana bazamuraga ishimwe mu majwi aranguruye.

Imbere yabo hari umugabo ucigatiye igitabo cy’ibyahumetswe n’Imana (Bibiliya) abwiriza aba baturage bamutumbiriye mu maso bamuteze amatwi, bigaragara ko bafashijwe.

Uyu muvugabutumwa Nsanzabandi Jean de Dieu wari uri guha ikigwa aba baturage, avuga ko amaze imyaka 15 abwiriza muri ubu buryo bwo gusanga abaturage aho bari kandi ko ari ko Imana yamutegetse.

Nsanzabandi usanzwe ari uwo mu itorero rya ADEPR yagize ati “Imana yarantumye ngo nimbwire Abanyarwanda bakizwe bahinduke bave mu byo barimo kandi bagire urukundo n’imbabazi.”

Akomeza avuga ko Imana yamutumye ku bantu nk’aba batakijya mu nsengero, ikamusaba kubasanga aho baba bari aho gutegereza ko bazamusanga mu rusengero.

Ati “Imana yarambwiye ngo ‘basange aho birirwa, ubabwire ko ndi Imana, ya yindi yabarinze idahinduka’. Abandi bumva ko intama zabasanga mu rusengero noneho bakazibyaza umusaruro bazaka amatungo, ntabwo bashaka gutera intambwe ngo babasange aho bari.”

Bamwe muri aba baturage barimo babwirizwa n’uyu muvugabutumwa, bavuga ko bafashwa cyane ndetse ko hari abahakirira indwara.

Umwe ati “Biradufasha kuko hari ubwo tubona Imana. Nanjye byamfashije kuko yampamagaye arambwira ati ‘Mucyecuru urakize, wajyaga urwara amaguru n’indwara z’impande zose ariko wakize’.”

Twashatse kumenya icyo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere runafite mu nshingano iby’amatorero, ruvuga kuri iri bwirizabutumwa ryo mu masoko, ariko ntibyakunda, gusa Polisi y’u Rwanda yagize icyo ibivugaho.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko hari ahagenewe kuvugirwa ubutumwa bw’Imana bityo ko nta muntu ukwiye kujya kugomesha abantu ngo abangamire ibikorwa barimo.

Ati “Ubutumwa buvugirwa mu nsengero ntabwo buvugirwa mu muhanda ngo ugende ubuze abantu gukora ibyabo, ubabwira uti ‘mwacuruzaga nimube muretse mbabwirize ubutumwa’. Ntabwo ari byo.”

CP John Bosco Kabera yavuze ko aba bavugabutumwa bakwiye gukorera umurimo wabo aho wagenewe mu nsengero, muri za Kiliziya cyangwa mu misigiti kuko ari ho hagenewe ibi bikorwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Uko byagendekeye uwibiye moto ku nzu y’Imana asanze nyirayo ari gusenga

Next Post

Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.