Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

VIDEO: Mu Rwanda habonetse isoko banyuzamo bagahindura urusengero bakiragiza Uwiteka

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
VIDEO: Mu Rwanda habonetse isoko banyuzamo bagahindura urusengero bakiragiza Uwiteka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hari isoko rijya rizamo umukozi w’Imana kubwiriza ijambo ry’Uwiteka, ubundi abacuruzi n’abaje guhaha, bagahagarika ibyo barimo bakabanza gutega amatwi ijambo ry’Imana, bamwe bakanahakirira indwara ziba zarababayeho akarande.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze muri iri soko ryo ku Ihepfu riherereye mu Murenge wa Nkanka, yasanze impundu ari nyinshi, aho bamwe mu bari bamaze gufashwa n’ijambo ry’Imana bazamuraga ishimwe mu majwi aranguruye.

Imbere yabo hari umugabo ucigatiye igitabo cy’ibyahumetswe n’Imana (Bibiliya) abwiriza aba baturage bamutumbiriye mu maso bamuteze amatwi, bigaragara ko bafashijwe.

Uyu muvugabutumwa Nsanzabandi Jean de Dieu wari uri guha ikigwa aba baturage, avuga ko amaze imyaka 15 abwiriza muri ubu buryo bwo gusanga abaturage aho bari kandi ko ari ko Imana yamutegetse.

Nsanzabandi usanzwe ari uwo mu itorero rya ADEPR yagize ati “Imana yarantumye ngo nimbwire Abanyarwanda bakizwe bahinduke bave mu byo barimo kandi bagire urukundo n’imbabazi.”

Akomeza avuga ko Imana yamutumye ku bantu nk’aba batakijya mu nsengero, ikamusaba kubasanga aho baba bari aho gutegereza ko bazamusanga mu rusengero.

Ati “Imana yarambwiye ngo ‘basange aho birirwa, ubabwire ko ndi Imana, ya yindi yabarinze idahinduka’. Abandi bumva ko intama zabasanga mu rusengero noneho bakazibyaza umusaruro bazaka amatungo, ntabwo bashaka gutera intambwe ngo babasange aho bari.”

Bamwe muri aba baturage barimo babwirizwa n’uyu muvugabutumwa, bavuga ko bafashwa cyane ndetse ko hari abahakirira indwara.

Umwe ati “Biradufasha kuko hari ubwo tubona Imana. Nanjye byamfashije kuko yampamagaye arambwira ati ‘Mucyecuru urakize, wajyaga urwara amaguru n’indwara z’impande zose ariko wakize’.”

Twashatse kumenya icyo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere runafite mu nshingano iby’amatorero, ruvuga kuri iri bwirizabutumwa ryo mu masoko, ariko ntibyakunda, gusa Polisi y’u Rwanda yagize icyo ibivugaho.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko hari ahagenewe kuvugirwa ubutumwa bw’Imana bityo ko nta muntu ukwiye kujya kugomesha abantu ngo abangamire ibikorwa barimo.

Ati “Ubutumwa buvugirwa mu nsengero ntabwo buvugirwa mu muhanda ngo ugende ubuze abantu gukora ibyabo, ubabwira uti ‘mwacuruzaga nimube muretse mbabwirize ubutumwa’. Ntabwo ari byo.”

CP John Bosco Kabera yavuze ko aba bavugabutumwa bakwiye gukorera umurimo wabo aho wagenewe mu nsengero, muri za Kiliziya cyangwa mu misigiti kuko ari ho hagenewe ibi bikorwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + nine =

Previous Post

Uko byagendekeye uwibiye moto ku nzu y’Imana asanze nyirayo ari gusenga

Next Post

Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.