Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IHOHOTERA: “Banyicaje ku mbabura yaka umuriro” ubuhamya bwa Umutoni-MIGEPROF ibibona ite?

radiotv10by radiotv10
16/07/2021
in MU RWANDA
0
IHOHOTERA: “Banyicaje ku mbabura yaka umuriro” ubuhamya bwa Umutoni-MIGEPROF ibibona ite?
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuhamya bwa bamwe burerekana ko ihohotera rishingiye kukubaza umubiri ritavugwa nk’uko iryo gusambanya abana rivugwa,bityo abarikorewe bagasaba ubukangurambaga kuri iri hohotera.

Umwe mubo RADIOTV10 yasuye mu mujyi wa Kigali mu murenge wa Gatenga asaba ko iri hohotera inzego zarishyiramo ubukangurambaga kandi rigahanishwa ibihano bikomeye.

Umutoni amazina twamuhaye kubw’umutekano we, ni urugero rumwe mu bahuye n’ihohotera ribabaza umubiri, aravuga ko umubyeyi umubyara yamubyaye asambanijwe maze nawe ageze ku myaka umunani gusa uwamureraga amukorera ihohotera ryo ku mubiri nubwo we atarazi ko ibyo akorewe ari ihohotera.

Arabwira umunyamakuru wa RADIOTV10 uko byagenze:

“Umubyeyi wanderaga yazanye umugabo bajya gukora imibonano mpuzabitsina,noneho njya kubarunguruka hamwe n’undi mwana twarikumwe,icyo gihe narimfite imyaka 8 hari mu mwaka w’2000,uwo mumama yahise aza anyicaza kumbabura yariri hanze yaka umuriro ikibuno kirashya cyane”

Umutoni avuga ko ihohotera yakorewe ryamugizeho ingaruka zirimo n’izitarangira ngo kuko Imbabura yicajweho yaka umuriro yamuteye kumugara  kuburyo amabuno ye atareshya.

“Birandenga ,najyaga kumva nkumva umuntu arambwiye ngo ese ko amabuno yawe atangana,bikambabaza cyane kuko ubwo nicaranga kuri ya mbabura narahiye cyane ubu hacitsemo n’umwobo wanze gusibangana ndetse ntanubwo hareshya. Byanteye ubumuga buhoraho”

Image

Ubuhamya bw’uwahohotewe wahaye ubuhamya RadioTV10

Umutoni yishimira ko magingo aya abasha gutanga ubuhamya bigakunda ngo kuko mbere yaturikaga akarira bikamurenga ariko nyuma akivuza akabona ubujyanama binyuze mu mushinga wa shirimpumpu w’abahuye n’ihohotera ritandukanye bihuje ngo baganire bashire intimba.

“Narinziko ntacyatuma nkira agahinda nagize ariko aho ngereye muri Shirimpumpu nkaganira n’abandi bafite ibibazo bias nibyanjye ndetse n’ibiruta ibyange byatumye ngenda nkira ibikomere. Nkubu sinashoboraga kuvuga ibyambayeho kuko nabitangiraga ngahita nturika nkarira,ariko ubu urabona ko ikiganiro kigiye kurangira bitambayeho.”

Umutoni kandi hari icyo yisabira inzego zifata ibyemezo zikwiye kwitaho mu bukangurambaga zikora ndetse no gushyiraho amategeko.

“Iyo uvuze ko wakorewe ihohotera ribabaza umubiri usanga batakumva kimwe n’uwasambanijwe kandi byose ni ihohotera,icyo nakwisabira abayobozi ni uko bashyiriaho ubukangurambaga bumenyekanisha amoko yose yihohotera kandi ntibavuga ngo uwasambanije umwana  ni gufungwa imyaka 25  gusa,ahubwo icyo gihano kijye no kuyandi moko y’ihohotera”

Batamuriza Mireille umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’umuryango no kurengera abana muri MIGEPROF avuga ko ubukangurambaga bukorwa ku moko yose y’ihohotera nubwo hari ibigira umwihariko bitewe n’imibare igaragaza ahari icyuho kinini, kandi ngo amategeko ahana ibi byaha arahagije n’ubwo bigaragajwe ko harimo inenge yavugururwa.

Image

Batamuriza Mireille umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’umuryango no kurengera abana muri MIGEPROF

Magingo aya umutoni wahuye n’ihohotera ry’inkubirane kuko yaje no gusambanywa, ubu ni umubyeyi w’abana 2 n’umugabo umwe kandi ngo yashyize imbaraga mu kwigisha abana be ibijyanye n’ubuzima imyororokere.

Ihuriro rya shirimpumpu rihuriramo abahuye n’ihohotera ritandukanye ngo baganire kubyababayeho babashe gukira ubu rihuriramo abantu 20, bakaba harimo abagabo n’abagore.

Inkuru ya: Vedaste Kubwimana/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 4 =

Previous Post

APR FC basobanuye uko byagenze ngo Manishimwe Djabel ahabwe akayabo ka miliyoni 45

Next Post

Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

Related Posts

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has announced that since the program to test vehicles for harmful emissions began, more than...

IZIHERUKA

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri
AMAHANGA

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.