• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

radiotv10by radiotv10
16/07/2021
in MU RWANDA
0
Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage
Share on FacebookShare on Twitter

Ibinyamakuru bitandukanye ku mugabane w’u Burayi birahamya ko abantu 81 baburiye ubuzima mu kiza cy’umwuzure wadukiriye abatuye mu burengerazuba bw’u Budage.

Ibihugu bituranye n’u Budage mu burengerazubwa bwabwo nabo bagezweho n’uyu mwuzure kuko u Bubiligi buri kubara abantu icyenda (9) bahaburiye ubuzima mu gihe Luxermburg n’u Buholandi nabo bagizweho ingaruka n’uyu mwuzure.

Iyi mibare y’abari kuburira ubuzima muri uyu mwuzure ushobora kwiyongera cyane mu duce twa North Rhine-Westphalia na Rhineland-Palatinate.

Abatuye mu gace ka Rhineland-Palatinate barenga 1300 bavuye mu byabo ndetse abayobozi b’inzego z’ibanze bemeza ko kugeza ubu imirongo ya telefoni yacitse ku buryo itumanaho ryabaye ikibazo bityo binagoye kumenya aho bamwe barengeye cyangwa kuba habaho ihanahana ry’amakuru.

Image

Umwuzure watewe n’imvura idasanzwe washegeshe abatuye mu majyaruguru y’u Budage

Minisitiri ureberera utu duce, Roger Lewentz yabwiye ikinyamakuru cya SWR ko kugeza ubu hagati y’abantu 50 na 60 batazi aho baherereye kandi ko buriya ngo iyo umaze akanya utazi amakuru y’umuntu mu gihe cy’ibiza biba biteye ubwoba.

“N’ubwo hari imibare ivugwa y’abantu 81, hari abandi 40, 50 cyangwa 60 tutaramenya aho bari. Kandi birumvikana iyo utazi aho umuntu aherereye mu bihe nk’ibi ntabwo wabura kugira ubwoba” Roger Lewentz

Image

Umwuzure umaze guhitana abarenga 81 mu gihugu cy’u Budage

Image

Inyubako zimwe na zimwe zarengewe n’amazi izindi nazo amazi azigeze hagati

Uyu mwuzure watewe n’imvura idasanzwe iri kugwa mu bice bimwe na bimwe by’u Budage bityo igatuma imigezi nka Rhine yuzure igasendera ikarekura amazi arenga inkombe zayo kimwe mu byatumye abarenga 20 bahita bitaba Imana mu gace ka Euskirchen kari mu burengerazuba bw’iki gihugu.

Abasirikare barenga 1000 boherejwe mu mijyi n’uduce tw’ibyaro twagizweho ingaruka n’uyu mwuzure kuko amwe mu mazu yamaze gusenyuka burundu.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

IHOHOTERA: “Banyicaje ku mbabura yaka umuriro” ubuhamya bwa Umutoni-MIGEPROF ibibona ite?

Next Post

MU MAFOTO: Ibyishimo by’abafana bakurikiye Tour de France 2021 iri kugana ku musozo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
MU MAFOTO: Ibyishimo by’abafana bakurikiye Tour de France 2021 iri kugana ku musozo

MU MAFOTO: Ibyishimo by’abafana bakurikiye Tour de France 2021 iri kugana ku musozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.